
U.S.-Iran: Intambara y’ububasha ku muhora wa Hormûz mu gihe agahenge hagati ya Israel na Liban kongerewe
Apr 24, 2026 - 10:25
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko agahenge hagati ya Israel na Liban kongereweho ibyumweru bitatu by’agahenge. Ni mu gihe mu Burasirazuba bwo hagati, Iran yongereye igitutu ku muhora ya Hormûz, ifunga igice cyayo ndetse inavuga ko yafashe ubwato bubiri. Ibi byongereye impungenge z’intambara n’umutekano muke ku bucuruzi mpuzamahanga bw’ibikomoka kuri peteroli.
kwamamaza
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko agahenge hagati ya Israel na Lebanon kongereweho ibyumweru bitatu nyuma y’imishyikirano yabereye i Washington. Ibi byatangajwe mu gihe impande zombi zari zigiye gusubira mu mirwano.
Ariko mu rundi ruhande, Iran yo yanze kwemeza ko yemeye iyo nyongera y’agahenge, ahubwo ishinja Amerika uburiganya no kurenga ku masezerano y’agahenge yari asanzweho.
Iran kandi yanashimangiye ububasha bwayo ku muhora wa Hormûz, inzira y’ingenzi inyuzwamo igice kinini cya peteroli kijya hirya no hino ku isi, ivuga ko izakomeza kuyigenzura kugeza igihe ibihano byashyizweho na Amerika bikurwaho. Iki gihugu cyanatangaje ko cyafashe ubwato bubiri yita ko bwari mu bikorwa bihungabanya umutekano wo nyanja.
Ku ruhande rwa Washington, Perezida Trump yavuze ko yategetse ingabo zirwanira mu mazi gusenya ubwato bwose buto bushyirwamo mine muri Hormûz, anagaragaza ko bishoboka ko ibiganiro na Iran byasubukurwa mu minsi iri imbere, nubwo nta gihe cyatangajwe.
Ibi byose bibaye mu gihe impande zombi zigikomeje guhangana ku bijyanye n’ibihano, ubucuruzi bwa peteroli n’umutekano w’umuhora wa Hormûz, aho ubwikorezi bw’ibikomoka kuri peteroli bwugarijwe n’ihungabana rikomeye.
@RFI
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


