Abarundi barenga 8.000 bavuye muri Tanzania mu cyumweru kimwe: Kubera iki umurindi warenze uko ibihugu byari byumvikanyeho?

Abarundi barenga 8.000 bavuye muri Tanzania mu cyumweru kimwe: Kubera iki umurindi warenze uko ibihugu byari byumvikanyeho?

Mu cyumweru kimwe gusa, abari impunzi z’Abarundi barenga 8.000 bamaze guhunguka bava muri Tanzania, umubare urenga kure ibihumbi 3 byari byaremejwe mu masezerano yumvikanyweho  hagati ya Leta y’Uburundi, Tanzania na HCR. Uyu murindi wihuse watewe n’ibibazo impunzi zivuga ko zahuye na byo mu makambi, zirimo gusenyerwa amazu no kubaho nabi, mu gihe impande zirebwa n’ibyo bikorwa zemeza ko gutaha ari ubushake bwabo kandi umutekano mu Burundi wagarutse.

kwamamaza

 

Umubare w’Abarundi bahunguka bavuye muri Tanzania wiyongereye ku buryo butari bwitezwe, aho ku wa Kane honyine hatashye abarenga 4.200, mu gihe ku wa Kabiri hari hatashye abarenga 3.800. Ibi birenze kure ibihumbi 3 mu cyumweru byari byumvikanyweho mu masezerano y’impande eshatu.

Odette Kamariza, Umuyobozi ushinzwe abahunguka muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, umutekano n’iterambere rusange mu Burundi, yavuze ko koko umurindi urenze uwo bari barateganyije, ariko ko igihugu kidashobora kwanga kwakira abaturage bacyo batahutse.

Abenshi mu bahungutse bageze ku mupaka wa Nyabitare muri komine Gisuru, intara ya Buhumuza, bazanywe n’amabisi hafi 60 avuye mu nkambi ya Nduta. Abagaragara cyane ni abagore, abana n’urubyiruko, mu gihe abagabo ari bake, kuko bamwe bahisemo kubanza kohereza imiryango yabo kubera imibereho mibi bavuga ko bari babayemo mu makambi.

Bamwe mu bahungutse bavuga ko nubwo bishimiye kugaruka iwabo, batari bagifite andi mahitamo. Bavuga ko amazu yabo yasenywaga, abandi bagasigara baba mu mahema yasenyutse cyangwa mu ma hangari, bakanyagirwa n’imvura, ndetse bakabura n'uko bateka. Hari abemeza ko ibyo byatumye biyandikisha ku bushake bwo gutaha, kuko babonaga Tanzania itagishaka ko baguma ku butaka bwayo.

Ku rundi ruhande, Leta y’Uburundi n'iya Tanzania hamwe na HCR bavuga ko itahuka rikorwa ku bushake bw’impunzi, kandi ko nta mpamvu zikiriho zatuma bakomeza kwitwa impunzi, bashingiye ku mutekano bavuga ko wagarutse mu Burundi.

Abahungutse bakirwa bahabwa ibendera ry’igihugu ku mupaka nk’ikimenyetso cy’uko bakiriwe, bakamara igihe gito mu kigo cya Nyabitare bahabwa telefone zo koherezwaho amafaranga y’itike n’ay’imibereho y’iminsi ya mbere. Umuntu umwe ahabwa asaga amadolari 200 (arenga ibihumbi 500 by’amafaranga y’Uburundi), nubwo bamwe bavuga ko ayo mafaranga adahagije ngo abageze aho basubira kwiyubaka.

Tanzania yatangaje ko iteganya ko mu kwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, nta Murundi uzaba agisigaye mu nkambi z’impunzi z'abarundi muri icyo gihugu, aho habarurwa abarenga ibihumbi 100. Mu mezi atageze kuri abiri gusa, hamaze gutahuka abarenga ibihumbi 30, bigaragaza ko intego yo gufunga burundu izo nkambi ishobora kugerwaho mbere y’igihe cyari cyaravuzwe.

Nubwo bimeze bityo, abashinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abatahutse basaba ko hakongerwa ubushobozi n’ubufasha, kuko umubare urimo kuza urenze uwo bari barateganyije kwakira.

@BBC 

 

kwamamaza

Abarundi barenga 8.000 bavuye muri Tanzania mu cyumweru kimwe: Kubera iki umurindi warenze uko ibihugu byari byumvikanyeho?

Abarundi barenga 8.000 bavuye muri Tanzania mu cyumweru kimwe: Kubera iki umurindi warenze uko ibihugu byari byumvikanyeho?

 Feb 27, 2026 - 11:20

Mu cyumweru kimwe gusa, abari impunzi z’Abarundi barenga 8.000 bamaze guhunguka bava muri Tanzania, umubare urenga kure ibihumbi 3 byari byaremejwe mu masezerano yumvikanyweho  hagati ya Leta y’Uburundi, Tanzania na HCR. Uyu murindi wihuse watewe n’ibibazo impunzi zivuga ko zahuye na byo mu makambi, zirimo gusenyerwa amazu no kubaho nabi, mu gihe impande zirebwa n’ibyo bikorwa zemeza ko gutaha ari ubushake bwabo kandi umutekano mu Burundi wagarutse.

kwamamaza

Umubare w’Abarundi bahunguka bavuye muri Tanzania wiyongereye ku buryo butari bwitezwe, aho ku wa Kane honyine hatashye abarenga 4.200, mu gihe ku wa Kabiri hari hatashye abarenga 3.800. Ibi birenze kure ibihumbi 3 mu cyumweru byari byumvikanyweho mu masezerano y’impande eshatu.

Odette Kamariza, Umuyobozi ushinzwe abahunguka muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, umutekano n’iterambere rusange mu Burundi, yavuze ko koko umurindi urenze uwo bari barateganyije, ariko ko igihugu kidashobora kwanga kwakira abaturage bacyo batahutse.

Abenshi mu bahungutse bageze ku mupaka wa Nyabitare muri komine Gisuru, intara ya Buhumuza, bazanywe n’amabisi hafi 60 avuye mu nkambi ya Nduta. Abagaragara cyane ni abagore, abana n’urubyiruko, mu gihe abagabo ari bake, kuko bamwe bahisemo kubanza kohereza imiryango yabo kubera imibereho mibi bavuga ko bari babayemo mu makambi.

Bamwe mu bahungutse bavuga ko nubwo bishimiye kugaruka iwabo, batari bagifite andi mahitamo. Bavuga ko amazu yabo yasenywaga, abandi bagasigara baba mu mahema yasenyutse cyangwa mu ma hangari, bakanyagirwa n’imvura, ndetse bakabura n'uko bateka. Hari abemeza ko ibyo byatumye biyandikisha ku bushake bwo gutaha, kuko babonaga Tanzania itagishaka ko baguma ku butaka bwayo.

Ku rundi ruhande, Leta y’Uburundi n'iya Tanzania hamwe na HCR bavuga ko itahuka rikorwa ku bushake bw’impunzi, kandi ko nta mpamvu zikiriho zatuma bakomeza kwitwa impunzi, bashingiye ku mutekano bavuga ko wagarutse mu Burundi.

Abahungutse bakirwa bahabwa ibendera ry’igihugu ku mupaka nk’ikimenyetso cy’uko bakiriwe, bakamara igihe gito mu kigo cya Nyabitare bahabwa telefone zo koherezwaho amafaranga y’itike n’ay’imibereho y’iminsi ya mbere. Umuntu umwe ahabwa asaga amadolari 200 (arenga ibihumbi 500 by’amafaranga y’Uburundi), nubwo bamwe bavuga ko ayo mafaranga adahagije ngo abageze aho basubira kwiyubaka.

Tanzania yatangaje ko iteganya ko mu kwezi kwa Gatandatu uyu mwaka, nta Murundi uzaba agisigaye mu nkambi z’impunzi z'abarundi muri icyo gihugu, aho habarurwa abarenga ibihumbi 100. Mu mezi atageze kuri abiri gusa, hamaze gutahuka abarenga ibihumbi 30, bigaragaza ko intego yo gufunga burundu izo nkambi ishobora kugerwaho mbere y’igihe cyari cyaravuzwe.

Nubwo bimeze bityo, abashinzwe kwakira no gusubiza mu buzima busanzwe abatahutse basaba ko hakongerwa ubushobozi n’ubufasha, kuko umubare urimo kuza urenze uwo bari barateganyije kwakira.

@BBC 

kwamamaza