Abakora mu rwego rw'ubucamanza bamaganye icyemezo cya Minisitiri w'ubutabera muri Madagascar

Abakora mu rwego rw'ubucamanza bamaganye icyemezo cya Minisitiri w'ubutabera muri Madagascar

Ihuriro ry'abakora mu rwego rw'ubucamanza ( sendika) ryamaganye icyemezo cya Minisitiri w’Ubutabera cyo gutangiza iperereza n’ibirego ku bacamanza bane bo mu rukiko rukuru rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga (HCC). Ni nyuma y'uko abo bacamanza bakiye ikirego cyari kigamije gusaba kweguza Perezida, bikaba byateje impaka ku bwisanzure bw’ubutabera n’iyubahirizwa ry’aamategeko muri Madagascar.

kwamamaza

 

Iri huriro rivuga ko iki cyemezo cyafashwe ku wa 4 Kamena (06) 2026 kigaragaza ko ubucamanza buri kwivangwamo n’ubutegetsi, rikemeza ko ubutabera buri guhonyorwa, bitewe nuko abacamanza bashinjwa icyaha cyo guhungabanya umutekano w'igihugu kubera gusa ko bemeye gusuzuma ikirego cyagejejwe imbere y’urukiko.

Abacamanza n’impuguke mu mategeko bavuga ko iki kibazo kigaragaza intege nke z’ihame ryo gutandukanya ubutegetsi, cyane cyane mu bihe by’inzibacyuho aho hakunze kugaragaza ibirego bifitanye isano n’icyaha cy’iterabwoba rishingiye ku butegetsi, mu gihe bamwe bavuga ko ibimenyetso bidahagije.

Ku rundi ruhande, Perezida wa Madagascar, Michaël Randrianirina, yahakanye ko hari gahunda yo guhigika abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe. Yashimangiye ko nta wufungwa ku mpamvu za politiki, ahubwo ko ibirego byose bishingiye ku manza zifite dosiye zemewe n’amategeko.

Minisitiri w’Ubutabera, Fanirisoa Ernaivo, yasabye Inteko Ishinga Amategeko gukuraho ubudahangarwa bwa depite Antoine Rajerison ukekwaho uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano. Uyu depite we avuga ko ari gukorerwa akarengane kandi ko azakomeza kurwana n’ibyo yita ubusumbane mu butabera.

Ibi bibazo bikomeje guteza impaka ku ihame ry’ubwigenge bw’ubutabera no ku mibanire y’inzego z’ubutegetsi muri Madagascar.

@RFI

 

kwamamaza

Abakora mu rwego rw'ubucamanza bamaganye icyemezo cya Minisitiri w'ubutabera muri Madagascar

Abakora mu rwego rw'ubucamanza bamaganye icyemezo cya Minisitiri w'ubutabera muri Madagascar

 Jun 5, 2026 - 10:58

Ihuriro ry'abakora mu rwego rw'ubucamanza ( sendika) ryamaganye icyemezo cya Minisitiri w’Ubutabera cyo gutangiza iperereza n’ibirego ku bacamanza bane bo mu rukiko rukuru rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga (HCC). Ni nyuma y'uko abo bacamanza bakiye ikirego cyari kigamije gusaba kweguza Perezida, bikaba byateje impaka ku bwisanzure bw’ubutabera n’iyubahirizwa ry’aamategeko muri Madagascar.

kwamamaza

Iri huriro rivuga ko iki cyemezo cyafashwe ku wa 4 Kamena (06) 2026 kigaragaza ko ubucamanza buri kwivangwamo n’ubutegetsi, rikemeza ko ubutabera buri guhonyorwa, bitewe nuko abacamanza bashinjwa icyaha cyo guhungabanya umutekano w'igihugu kubera gusa ko bemeye gusuzuma ikirego cyagejejwe imbere y’urukiko.

Abacamanza n’impuguke mu mategeko bavuga ko iki kibazo kigaragaza intege nke z’ihame ryo gutandukanya ubutegetsi, cyane cyane mu bihe by’inzibacyuho aho hakunze kugaragaza ibirego bifitanye isano n’icyaha cy’iterabwoba rishingiye ku butegetsi, mu gihe bamwe bavuga ko ibimenyetso bidahagije.

Ku rundi ruhande, Perezida wa Madagascar, Michaël Randrianirina, yahakanye ko hari gahunda yo guhigika abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe. Yashimangiye ko nta wufungwa ku mpamvu za politiki, ahubwo ko ibirego byose bishingiye ku manza zifite dosiye zemewe n’amategeko.

Minisitiri w’Ubutabera, Fanirisoa Ernaivo, yasabye Inteko Ishinga Amategeko gukuraho ubudahangarwa bwa depite Antoine Rajerison ukekwaho uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano. Uyu depite we avuga ko ari gukorerwa akarengane kandi ko azakomeza kurwana n’ibyo yita ubusumbane mu butabera.

Ibi bibazo bikomeje guteza impaka ku ihame ry’ubwigenge bw’ubutabera no ku mibanire y’inzego z’ubutegetsi muri Madagascar.

@RFI

kwamamaza