
Uburundi bwafunguye umupaka wa Gatumba nyuma y’amezi abiri ufunze
Feb 23, 2026 - 13:58
Leta y’Uburundi yafunguye umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’amezi arenga abiri ufunzwe kubera impungenge z’umutekano zatewe n’imirwano yabereye mu mujyi wa Uvira no hafi y’umupaka. Icyemezo cyo kongera gufungura uyu mupaka mu gitondo cyo kur'uyu wa mbere, 23 Gashyantare (02) 2026, cyafashwe nyuma y’ibiganiro byahuje abayobozi b’Uburundi n’ubwa RDC, bagasuzuma uko umutekano uhagaze mbere yo kwemerera urujya n’uruza kongera gusubukurwa.
kwamamaza
Ubusanzwe umupaka wa Gatumba wari wafunzwe mu ntangiriro z’Ukuboza (12) 2025, abarwanyi b' ihuriro rya AFC/M23 ryafataga umujyi wa Uvira. Leta y’Uburundi yarawufunze, isobanura ko gukomeza kuwukoresha byashyira mu kaga umutekano w’igihugu, cyane ko ingabo zayo na zo zirwana mu burasirazuba bwa RDC, aho zifatanya na FARDC, Wazalendo na FDLR mu kurwanya AFC/M23 n’umutwe wa MRDP-Twirwaneho ugenzura Komini ya Minembwe.
Muri Mutarama (01) 2026, AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo muri Uvira mu rwego rwo gushyigikira ibiganiro by’amahoro, maze ingabo za Leta ya RDC na Wazalendo zisubiramo ku wa 18 Mutarama (01). Nubwo bimeze bityo, Uburundi bwavuze ko butari bwabona ibimenyetso bihagije by’umutekano usesuye ngo imipaka ihite ifungurwa.
Ku wa 29 Mutarama (01), Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, yatangaje ko hafi y’umupaka hakiri abantu bashobora guhungabanya umutekano, ashimangira ko gufungura imipaka bisaba kubanza kureba neza ko nta ntambamyi zisigaye.
Ni mu gihe byitezwe ko gufungura Gatumba byorohereza impunzi z’Abanye-Congo zahungiye mu Burundi kuva mu Ukuboza (12) 2025, zibarirwa mu bihumbi 100 ariko zari zarabuze uko zisubira iwabo. Zimwe zaratakambaga zisaba gusubira iwabo, zivuga ko ubuzima mu nkambi bukomeje kuba bubi, aho amakuru avuga ko hari izapfuye zishwe n’indwara ndetse n’inzara ariko ubutegetsi bw'Uburundi bukabyima amatwi.
Nubwo umupaka wa Gatumba wafunguwe, uwa Vugizo wo uracyafunze kuko ibice biwukikije bikigenzurwa na AFC/M23.
Kugeza ubu, abantu ba mbere bahawe ibyangombwa n’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Burundi batangiye kwambuka berekeza mu mujyi wa Uvira, mu gihe hategerejwe kureba niba umutekano uzakomeza kuba mwiza.

kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


