
Iran yafashe ubwato 2 mu muhora wa Hormuz mu gihe impagarara ku gahenge bikomeje kwiyongera
Apr 22, 2026 - 13:52
Ingabo za Iran (IRGC) zatangaje ko zafashe ubwato bubiri bwageragezaga kunyura mu muhora wa Hormuz, zibujyana ku nkombe za Iran. Ni mu gihe hakomeje kwibaza byinshi ku gahenge k’intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse impande zombi zigashinjanya kutakubahiriza.
kwamamaza
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Ingabo za IRGC zavuze ko ayo mato yagaragaye nk’ayarenze ku mategeko agenga kunyura muri uyu muhora uhuza Inyanja y’Abarabu n’Inyanja ya Oman, inzira y’ingenzi cyane ku bucuruzi mpuzamahanga bwa peteroli.
Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nk’uko iryo tangazo ribivuga, ariko ntihigeze hatangazwa amakuru arambuye ku mazina y’ayo mato, inkomoko yayo cyangwa ibyo yari itwaye.
Ibi bibaye mu gihe kuganira hagaati ya Iran na Amerika bikomeje kuba ingorabahizi. Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko agahenge k’intambara kazakomeza kugeza ibiganiro birangiye ariko Iran ntirohereza abayihagararira. Yavuze ko bishoboka gusa igihe Amerika yareka gufunga ibyambu byayo.
Amerika igaragaza ko gukomeza gufunga ibi byambu byayo no kuyifatira ibihano ari igitutu gisunikira Iran mu biganiro, nubwo impande zombi zikomeje gushinjanya kurenga ku masezerano y’agahenge no gukora ibikorwa bifatwa nk’iby’ubushotoranyi.
Nubwo isaba ko ifungurirwa ibyambu, Iran yavuze ko ifungwa ryabyo ritigeze rigira ingaruka ku mutekano w'ibiribwa muri iki gihugu kuko umusaruro w'imbere mu gihugu itanga igice kinini cy'ibyo abaturage bakenera.

@RFI
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


