
Ebola muri RDC: OMS n’Impuguke ziburira ko abanduye bashobora kuba barenga kure imibare yatangajwe
May 20, 2026 - 15:59
Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje guteza impungenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke z'ishami ry'umuryango w'Abibumbye (OMS) n’izo muri Imperial College London bwerekana ko umubare w’abanduye iki cyorezo ushobora kuba wikubye kabiri kugeza kuri gatanu ugereranyije n’imibare yatangajwe kugeza ubu. Ni mu gihe, abagera kuri 136 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo cyibasiye cyane Intara ya Ituri.
kwamamaza
Ubushakashatsi bwatangajwe ku wa 18 Gicurasi (05) 2026, bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gishobora kuba cyarakwirakwiye muri RDC kurusha uko imibare ya leta ibigaragaza.
Ku wa 19 Gicurasi (05), Minisitiri w’Ubuzima wa RDC, Roger Kamba, yatangaje ko hamaze kubarurwa abantu 543 bakekwaho kwandura Ebola, mu gihe 136 bakekwaho kuba barishwe na yo. Abantu 69 bari mu bigo byita ku barwayi, naho 32 ni bo bamaze kwemezwa na laboratwari y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushakashatsi mu buzima (INRB).
Iyi mibare ikomoka mu bushakashatsi bukorwa mu baturage hagamijwe gushakisha abafite ibimenyetso bihuye n'ibya Ebola, ariko bitavuze ko bose bamaze kwemezwa nk'abanduye icyo cyorezo.
Icyakora, impuguke za OMS hamwe n’abo muri Imperial College London zemeza ko umubare nyakuri ushobora kuba uri hagati y’abarwayi 400 na 800, ndetse ko ushobora no kurenga 1,000.
Ubwo bushakashatsi bwakozwe n’impuguke zo mu bihugu n’inzego zitandukanye zirimo OMS y'i Genève, OMS muri Uganda no muri RDC, Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda ndetse n’Ikigo cy’Ubuzima cya RDC.
Abashakashatsi bakoresheje uburyo bubiri butandukanye ariko bwatanze umwanzuro umwe. Uburyo bwa mbere bwashingiye ku bantu babiri baturutse muri Ituri basanzwemo Ebola i Kampala muri Uganda, nyuma yo kujyayo bashaka ubuvuzi. Bahuje ayo makuru n’imibare y’abambuka umupaka buri munsi hagati ya RDC na Uganda, basanga abanduye bashobora kuba bari hagati ya 235 na 470.
Ubundi buryo bwifashishije umubare w’abapfuye, kuko impuguke zivuga ko urupfu rugorana guhishwa kurusha umurwayi ushobora kuguma iwe. Hashingiwe ku bantu 88 bari bamaze gupfa bakekwaho Ebola kugeza ku wa 16 Gicurasi (05), bagereranyije n’ibindi byorezo bya Bundibugyo byabaye mbere, basanga abanduye bashobora kurenga 1,000 bitewe n’umuvuduko icyorezo gikwira mu bantu.
Hagaragajwe impamvu gutahura Ebola byatinze
Impuguke zivuga ko gutinda gutahura neza iki cyorezo byatewe n’ibibazo bya laboratwari n’uburyo bwo kohereza ibipimo. Perezida wa Africa CDC, Jean Kaseya, yavuze ko iyo hatabaho laboratwari za GeneXpert zashyizwe muri Ituri, kugeza ubu icyo abantu barwaye cyari kuba kitaramenyekana.
Yasobanuye ko ibipimo bya mbere byoherejwe i Kinshasa byagezeyo byangiritse kubera kutubahiriza uburyo bwo kubika ahantu hakonje, mu gihe ibizamini bya mbere byakorewe i Bunia byakoresheje ibikoresho byagenewe ubwoko bwa Ebola bwa Zaïre aho kuba Bundibugyo. Ibi nabyo bituma gutahura ubukana bw’iki cyorezo bitinda.
Kugeza ubu, icyorezo kimaze kugera mu duce twa Mongwalu, Bunia, Rwampara na Niakunde muri Ituri, ndetse no mu mijyi ya Butembo na Goma.
Uburemere bw’iki kibazo bwagaragaye kandi mu cyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho Intara ya Ituri yashyizwe ku rwego rwa kane rw’ahantu abaturage bayo babujijwe kujya kubera ibyago bikomeye by’umutekano n’ubuzima. CDC yo muri Amerika yasabye abaturage bayo kutajya muri ako gace ku mpamvu iyo ari yo yose.
Nubwo ubushakashatsi bugaragaza impungenge zikomeye, Dr Jean-Jacques Muyembe, umwe mu bavumbuye virusi ya Ebola mu 1976, yasabye kwitonda mu gutangaza imibare ya nyuma. Yavuze ko hakenewe kubanza kumenya neza abanduye bose no gukurikirana aho bahuriye mbere yo kwemeza ingano nyakuri y’icyorezo.
Icyakora mu kiganiro nitangazamakuru, Dr Tedros ; ukuriye OMS, yavuze kuba RDC iri guhangana na Ebola ku nshuro ya 17, ubu ifite ubunararibonye mu guhangana nayo, nubwo yemera ko hari imbogamizi nyinshi zitandukanye zirimo n'ibibazo by'umutekano.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


