
APR FC yabererekeye al hilal ku mwanya wa mbere wa Shampiyona
Feb 10, 2026 - 19:55
Al Hilal SC yatsinze APR FC ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda, mu mukino wabereye kuri kigali pele stadium.
kwamamaza
Uyu mukino watangiye ikipe ya APR FC yakoze impinduka mu bakinnyi babanza mu kibuga, mwizamu hakinnye umunyezamu wa Hakizimana Adolphe wari umukino we wa mbere muri Shampiyona 2025/26 yarakiniye ikipe ya APR FC ku ruhande rwa al hilal yari yakoze impinduka mubasanzwe babanza mu kibuga mu ikinisha ahanini abasimbura mu rwego rwo kwitegura St-Eloi Lupopo muri CAF Champions League mu mukino bazahura usoza imikino yamatsinda.
Umukino watangiranye imbaraga ku mpande zombi umupira uva ku izamu rimwe ujya ku rindi ariko iminota 15" ya mbere ikipe ya APR FC yaranzwe no guhusha uburyo bumwe na bumwe bwari bwabanzwe ko bwavamo igitego, mu gukomeza bahusha ikipe ya Al hilal yabonye uburyo bwiza bw'igitego kw'ikosa ryakozwe na bamyugariro ba APR FC ku munota wa 24" , maze al hilal iyitera neza binyuze kuri Madicke Kane umunyezamu Hakimana Adolphe ananirwa kuwugarura ujya mu rushundura ikipe ya al hilal uyobora umukino n'igitego kimwe.
Nyuma yo gutsindwa icyo gitego ikipe ya APR FC yagerageje gushaka igitego cyo kwishyura harimo umupira Ouattara yahinduye mu rubuga rw’amahina, William Togui awukinnye n’umutwe ujya hejuru ndetse yongera kubona ubundi buryo ku mupira watewe na Ouattara ariko na none uca hejuru Igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze APR FC igitego 1-0.
Igice cya kabiri cyatangira impanduka kuruhande ewa Al Hilal SC Ernest Nsita Luzolo na Girumugisha Jean Claude basimbura Walieldin Daiyeen na Adama Coulibali nyuma yo kongera aba bakinnyi umukino wakomeje ariko uburyo bwo kurema ibitego bukaba bucye kuri buri kipe ariko umutoza wa APR FC Taleb washakaga kwishyura akora impinduka ku munota wa 74" Mamadou Sy na Memel Dao basimbura Djibril Ouattara na Ruboneka Bosco, ikipe ya al hilal yaje kwiba umugono APR FC kumunota wa 78", ku mupira wazamukanwe kuruhande rw'iburyo na Claude Girumuhisha maze awutanga neza kuri Emmanuel Flomo atsindira Al Hilal SC igitego cya kabiri umukino warangiye Al Hilal SC yatsinze APR FC ibitego 2-0, ifata umwanya wa mbere n’amanota 38 mu mikino 16 imaze gukina mu gihe APR FC yagumye ku mwanya wa Kabiri n’amanota 37 ku mwanya wa kabiri.


kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


