Al hilal yasezerewe muri 1/4 cya Caf champions league

Al hilal yasezerewe muri 1/4 cya Caf champions league

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, isanzwe ikinira imikino yayo ya CAF Champions League mu Rwanda, yasezerewe muri 1/4 cy’iri rushanwa nyuma yo gutsindirwa kuri Stade Amahoro na RS Berkane igitego 1-0.

kwamamaza

 

Uyu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali wasize RS Berkane ibonye itike ya 1/2, nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye muri Maroc. Naho mu mukino wo kwishyura Berkane itsinda al hilal igitego kimwe kubusa imikino yombi, ku giteranyo cy’ibitego byombi (2-1), gihesha RS Berkane gukomeza mu cyiciro gikurikira.
Al Hilal SC yinjiye muri uyu mukino ifite icyizere cyo kwitwara neza imbere y’abafana bari bayishyigikiye, ariko ntibyayikundiye kuko yananiwe kubona igitego cyayifasha gukomeza. RS Berkane yo yakinnye umukino ituje, ibasha gutsinda igitego rukumbi cyayihesheje intsinzi n’itike yo gukomeza.

iyi ntsinzi isize Al Hilal SC ibuze amahirwe yo kugera muri 1/2 cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma y’uko yari yabigezeho mu mwaka ushize.
Ku ruhande rwa RS Berkane, yo ikomeje urugendo rwo guhatanira igikombe, aho izahura na AS FAR yo muri Maroc muri 1/2 cy’irushanwa. Uwo mukino utegerejwe n’abatari bake, kuko uzahuza amakipe abiri akomeye yo muri Maroc ahanzwe amaso mu ruhando nyafurika.
Nubwo Al Hilal SC itageze ku ntego yayo, yagaragaje urwego rwiza muri iri rushanwa, ibintu byashimishije abakunzi bayo ndetse n’abakurikiranira hafi ruhago nyafurika muri rusange.

 

kwamamaza

Al hilal yasezerewe muri 1/4 cya Caf champions league

Al hilal yasezerewe muri 1/4 cya Caf champions league

 Mar 23, 2026 - 00:01

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, isanzwe ikinira imikino yayo ya CAF Champions League mu Rwanda, yasezerewe muri 1/4 cy’iri rushanwa nyuma yo gutsindirwa kuri Stade Amahoro na RS Berkane igitego 1-0.

kwamamaza

Uyu mukino wo kwishyura wabereye i Kigali wasize RS Berkane ibonye itike ya 1/2, nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye muri Maroc. Naho mu mukino wo kwishyura Berkane itsinda al hilal igitego kimwe kubusa imikino yombi, ku giteranyo cy’ibitego byombi (2-1), gihesha RS Berkane gukomeza mu cyiciro gikurikira.
Al Hilal SC yinjiye muri uyu mukino ifite icyizere cyo kwitwara neza imbere y’abafana bari bayishyigikiye, ariko ntibyayikundiye kuko yananiwe kubona igitego cyayifasha gukomeza. RS Berkane yo yakinnye umukino ituje, ibasha gutsinda igitego rukumbi cyayihesheje intsinzi n’itike yo gukomeza.

iyi ntsinzi isize Al Hilal SC ibuze amahirwe yo kugera muri 1/2 cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma y’uko yari yabigezeho mu mwaka ushize.
Ku ruhande rwa RS Berkane, yo ikomeje urugendo rwo guhatanira igikombe, aho izahura na AS FAR yo muri Maroc muri 1/2 cy’irushanwa. Uwo mukino utegerejwe n’abatari bake, kuko uzahuza amakipe abiri akomeye yo muri Maroc ahanzwe amaso mu ruhando nyafurika.
Nubwo Al Hilal SC itageze ku ntego yayo, yagaragaje urwego rwiza muri iri rushanwa, ibintu byashimishije abakunzi bayo ndetse n’abakurikiranira hafi ruhago nyafurika muri rusange.

kwamamaza