Al hilal yageze muri 1/4 cya Caf champions league nyuma yo gutsinda st Eloi lupopo

Al hilal yageze muri 1/4 cya Caf champions league nyuma yo gutsinda st Eloi lupopo

Ikipe ya Al Hilal SC yatsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, ibona itike yo gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League ni mu mukino wa nyuma w’Itsinda C wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

kwamamaza

 

Mbere y'uko uyu mukino utangira amakipe yose yo mw'itsinsa C yarafite amahirwe go gukomeza mu mikino ya 1/4 ariko kuri Al Hilal SC yo yagiye gukina uyu mukino isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika 

Umukino utari witabiriwe n'abafana benshi  watangiye amakipe yombi akinira cyane mu kibuga hagati ariko ikipe ya al hilal yari yakiriye umukino ikiharira umupira cyane kurusha ikipe ya st Eloi lupopo, mu gukomeza ku mukino abasore ba al hilal bakomeje kuyobora umukino ariko bahusha uburyo bw'ibitego, ku munota wa 23" umusore ukina ku ruhande rw'ibumoso rwa al hilal Ernest Luzolo yarase igitego cyari cyabazwe  kw'ishoti yateye maze umupira ukurwamo n'umuzamu wa lupopo ujya hanze, nyuma yo kurata ayo mahirwe al hilal yakomeje guhiga igitego maze ku munota wa 26" ibona igitego  ku mupira mwiza Abdelrazig Omer yahaye myugariro Steve Ebuela yinjira mu rubuga rw’amahina ahita atera ishoti umupira uruhukira mu rushundura cyiba igitego cyabere cya al hilal 

Mu gushaka igitego cyo kwishyura abakinnyi ba st Eloi lupopo bakoraga amakosa menshi maze bibaviramo ikarita y'umutuku Ku munota wa 42" nyuma yaho Junior Mendy yahawe ikarita y’umuhondo ya kabiri ku ikosa yari akoreye kuri Abdelrazig Omer igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0.

Igice cya kabiri cyatangiye ikipe ya Al Hilal SC isatira izamu rya st Eloi  lupopo yari yasoje igice cya mbere abakinnyi bayo batuzuye ari icumi ariko imipira myinshi ntibyazwe umusaruro cyane cyane ku musore Girimugisha wacaga ku ruhande rw'iburyo asatira , mu gukomeza isatira ndetse inashaka igitego cya kabiri yaje kubona ikarita y'umutuku ku munota wa 75" yahawe Salaheldein Adil wa Al Hilal SC nyuma yo guhabwa ikarita ya Kabiri y’umuhondo, Iminota 10 ya nyuma yihariwe na Saint-Éloi Lupopo yasatiraga ishaka igitego cyo kwishyura, ariko ubwugarizi bwa Al Hilal SC n’umunyezamu Farid Ouedraogo bakomeza guhagarara neza, 

Ikipe ya st st Eloi lupopo yabonye igitego cyo kwishyura ku mukino wa 83" ariko umusifuzi wo kuruhande amanika igitambaro ko mbere yo gutera umupira uyu musore yari yaraririye, Umukino warangiye Al Hilal SC itsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, ibona itike yo gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League

Iyi kipe yazamutse iyoboye Itsinda C n’amanota 11, ikurikiwe na Mamelodi Sundowns yatsinze MC Alger ibitego 2-0 ikagira amanota icyenda MC Alger na FC Saint-Éloi Lupopo zasezerewe.

 

kwamamaza

Al hilal yageze muri 1/4 cya Caf champions league nyuma yo gutsinda st Eloi lupopo

Al hilal yageze muri 1/4 cya Caf champions league nyuma yo gutsinda st Eloi lupopo

 Feb 14, 2026 - 19:03

Ikipe ya Al Hilal SC yatsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, ibona itike yo gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League ni mu mukino wa nyuma w’Itsinda C wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

kwamamaza

Mbere y'uko uyu mukino utangira amakipe yose yo mw'itsinsa C yarafite amahirwe go gukomeza mu mikino ya 1/4 ariko kuri Al Hilal SC yo yagiye gukina uyu mukino isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika 

Umukino utari witabiriwe n'abafana benshi  watangiye amakipe yombi akinira cyane mu kibuga hagati ariko ikipe ya al hilal yari yakiriye umukino ikiharira umupira cyane kurusha ikipe ya st Eloi lupopo, mu gukomeza ku mukino abasore ba al hilal bakomeje kuyobora umukino ariko bahusha uburyo bw'ibitego, ku munota wa 23" umusore ukina ku ruhande rw'ibumoso rwa al hilal Ernest Luzolo yarase igitego cyari cyabazwe  kw'ishoti yateye maze umupira ukurwamo n'umuzamu wa lupopo ujya hanze, nyuma yo kurata ayo mahirwe al hilal yakomeje guhiga igitego maze ku munota wa 26" ibona igitego  ku mupira mwiza Abdelrazig Omer yahaye myugariro Steve Ebuela yinjira mu rubuga rw’amahina ahita atera ishoti umupira uruhukira mu rushundura cyiba igitego cyabere cya al hilal 

Mu gushaka igitego cyo kwishyura abakinnyi ba st Eloi lupopo bakoraga amakosa menshi maze bibaviramo ikarita y'umutuku Ku munota wa 42" nyuma yaho Junior Mendy yahawe ikarita y’umuhondo ya kabiri ku ikosa yari akoreye kuri Abdelrazig Omer igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0.

Igice cya kabiri cyatangiye ikipe ya Al Hilal SC isatira izamu rya st Eloi  lupopo yari yasoje igice cya mbere abakinnyi bayo batuzuye ari icumi ariko imipira myinshi ntibyazwe umusaruro cyane cyane ku musore Girimugisha wacaga ku ruhande rw'iburyo asatira , mu gukomeza isatira ndetse inashaka igitego cya kabiri yaje kubona ikarita y'umutuku ku munota wa 75" yahawe Salaheldein Adil wa Al Hilal SC nyuma yo guhabwa ikarita ya Kabiri y’umuhondo, Iminota 10 ya nyuma yihariwe na Saint-Éloi Lupopo yasatiraga ishaka igitego cyo kwishyura, ariko ubwugarizi bwa Al Hilal SC n’umunyezamu Farid Ouedraogo bakomeza guhagarara neza, 

Ikipe ya st st Eloi lupopo yabonye igitego cyo kwishyura ku mukino wa 83" ariko umusifuzi wo kuruhande amanika igitambaro ko mbere yo gutera umupira uyu musore yari yaraririye, Umukino warangiye Al Hilal SC itsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, ibona itike yo gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League

Iyi kipe yazamutse iyoboye Itsinda C n’amanota 11, ikurikiwe na Mamelodi Sundowns yatsinze MC Alger ibitego 2-0 ikagira amanota icyenda MC Alger na FC Saint-Éloi Lupopo zasezerewe.

kwamamaza