Ishyirahamwe ry’umupira w'amaguru muri Sénégal ryamaganye ibyo kwamburwa igikombe, ritangaza ikigiye gukurikira

Ishyirahamwe ry’umupira w'amaguru muri Sénégal ryamaganye ibyo kwamburwa igikombe, ritangaza ikigiye gukurikira

Ishyirahamwe ry'umupira w’amaguru muri Sénégal (FSF) ryamaganye umwanzuro w’akanama gashinzwe ubujurire muri CAF wo kwkwamburakipe y'igihugu Igikombe cya Afurika cya 2025 kigahabwa Maroc. Rivuga ko wafashwe mu buryo bubogamye kandi butubahirije amategeko, rihita ritangaza ko rigiye kujuririra mu rukiko rwo ku rwego rw'Isi rwa CAS.

kwamamaza

 

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 18 Werurwe (03) 2026, ni bwo FSF yashyize hanze itangazo rikubiyemo kwamagana ku mugaragaro icyemezo cya CAF cyafashwe ku mukino wa nyuma wa AFCON 2025 wabereye muri Maroc.

Akanama gashinzwe ubujurire muri CAF kemeje ko Sénégal iterwa mpaga ku bitego 3-0, hashingiwe ku Ngingo ya 84 y’amategeko agenga iri rushanwa, bityo igikombe kigahabwa Maroc. Icyakora FSF ivuga ko iki cyemezo cyafashwe mu buryo butanyuze mu mucyo, kuko ngo itigeze ihabwa amahirwe angana yo kwisobanura ku byo yashinjwaga.

Mu itangazo ryayo, FSF yagize iti: “Akanama gashinzwe Ubujurire karabwakiriye ariko ntabwo kigeze gakurikiza amategeko ajyanye no kumva uruhande ruregwa. Hanyuma kavuga ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yishe Ingingo ya 82 na 84 mu mategeko y’Igikombe cya Afurika.”

Rinavuga ko "Ibyo byatumye CAF itera mpaga Sénéga ku neza ya Maroc. Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal risanga bitanyuze mu mucyo, bitabaho, bitanakunda ko uyu mwanzuro wemerwa."

Soma indi nkuru bijyanye hano: https://www.isangostar.rw/senegal-yambuwe-igikombe-cya-afurika-cya-2025-gihabwa-maroc

Iri shyirahamwe ryahise ritangaza ko ryamaze gufata icyemezo cyo kwitabaza Urukiko rwa Siporo ku Isi (CAS/TAS) ruri i Lausanne, mu rwego rwo gushaka ubutabera no gusubizwa uburenganzira bwaryo.

FSF kandi yijeje abakunzi b’umupira w’amaguru muri Afurika no ku Isi ko izakomeza kubagezaho amakuru ajyanye n’iri jurira. Yanashimangiye ko izaharanira ko amahame y’ubutabera n’ubunyangamugayo yubahirizwa muri ruhago.

Ku rundi ruhande, imyanzuro imwe n’imwe yafatiwe Maroc yarorohejwe. Ibihano byari byahawe umukinnyi Ismaël Saibar byaragabanyijwe, aho yakuweho guhagarikwa imikino itatu n’ihazabu y’ibihumbi 100$, agahabwa igihano cyo kudakina imikino ibiri ya CAF harimo umwe usubitse.

Nanone ihazabu Maroc yari yaciwe kubera abafana bakoresheje urumuri rwa ‘laser' bikabangamira abakinnyi, yagabanyijwe ava ku bihumbi 15$ igera ku bihumbi 10$, mu gihe iya FRMF yari yaciwe ku myitwarire y’abana batoragura imipira yagabanyijwe cyane iva ku bihumbi 200$ igera ku bihumbi 50$.

Gusa ihazabu y’ibihumbi 100$ ku myitwarire y’abakinnyi n’abatoza ba Maroc bagiye mu cyumba cya VAR kubangamira abasifuzi yagumyeho, kuko CAF yemeje ko yarenze ku mategeko ngengamyitwarire yayo hashingiye ku ngingo ya 82 na 84.

Iyi dosiye ishobora gufata indi ntera ikomeye mu rwego mpuzamahanga, bitewe n’uko FSF yiyemeje kuyigeza muri CAS. Ibi bikaba bishobora guhindura ibiri kuvugwa hirya no hino ku bunyangamugayo n'ubutabera bwatanzwe hashingiye ku kwambura Sénégal igikombe cya AFCON 2025.

@Igihe

 

kwamamaza

Ishyirahamwe ry’umupira w'amaguru muri Sénégal ryamaganye ibyo kwamburwa igikombe, ritangaza ikigiye gukurikira

Ishyirahamwe ry’umupira w'amaguru muri Sénégal ryamaganye ibyo kwamburwa igikombe, ritangaza ikigiye gukurikira

 Mar 18, 2026 - 10:46

Ishyirahamwe ry'umupira w’amaguru muri Sénégal (FSF) ryamaganye umwanzuro w’akanama gashinzwe ubujurire muri CAF wo kwkwamburakipe y'igihugu Igikombe cya Afurika cya 2025 kigahabwa Maroc. Rivuga ko wafashwe mu buryo bubogamye kandi butubahirije amategeko, rihita ritangaza ko rigiye kujuririra mu rukiko rwo ku rwego rw'Isi rwa CAS.

kwamamaza

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 18 Werurwe (03) 2026, ni bwo FSF yashyize hanze itangazo rikubiyemo kwamagana ku mugaragaro icyemezo cya CAF cyafashwe ku mukino wa nyuma wa AFCON 2025 wabereye muri Maroc.

Akanama gashinzwe ubujurire muri CAF kemeje ko Sénégal iterwa mpaga ku bitego 3-0, hashingiwe ku Ngingo ya 84 y’amategeko agenga iri rushanwa, bityo igikombe kigahabwa Maroc. Icyakora FSF ivuga ko iki cyemezo cyafashwe mu buryo butanyuze mu mucyo, kuko ngo itigeze ihabwa amahirwe angana yo kwisobanura ku byo yashinjwaga.

Mu itangazo ryayo, FSF yagize iti: “Akanama gashinzwe Ubujurire karabwakiriye ariko ntabwo kigeze gakurikiza amategeko ajyanye no kumva uruhande ruregwa. Hanyuma kavuga ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yishe Ingingo ya 82 na 84 mu mategeko y’Igikombe cya Afurika.”

Rinavuga ko "Ibyo byatumye CAF itera mpaga Sénéga ku neza ya Maroc. Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal risanga bitanyuze mu mucyo, bitabaho, bitanakunda ko uyu mwanzuro wemerwa."

Soma indi nkuru bijyanye hano: https://www.isangostar.rw/senegal-yambuwe-igikombe-cya-afurika-cya-2025-gihabwa-maroc

Iri shyirahamwe ryahise ritangaza ko ryamaze gufata icyemezo cyo kwitabaza Urukiko rwa Siporo ku Isi (CAS/TAS) ruri i Lausanne, mu rwego rwo gushaka ubutabera no gusubizwa uburenganzira bwaryo.

FSF kandi yijeje abakunzi b’umupira w’amaguru muri Afurika no ku Isi ko izakomeza kubagezaho amakuru ajyanye n’iri jurira. Yanashimangiye ko izaharanira ko amahame y’ubutabera n’ubunyangamugayo yubahirizwa muri ruhago.

Ku rundi ruhande, imyanzuro imwe n’imwe yafatiwe Maroc yarorohejwe. Ibihano byari byahawe umukinnyi Ismaël Saibar byaragabanyijwe, aho yakuweho guhagarikwa imikino itatu n’ihazabu y’ibihumbi 100$, agahabwa igihano cyo kudakina imikino ibiri ya CAF harimo umwe usubitse.

Nanone ihazabu Maroc yari yaciwe kubera abafana bakoresheje urumuri rwa ‘laser' bikabangamira abakinnyi, yagabanyijwe ava ku bihumbi 15$ igera ku bihumbi 10$, mu gihe iya FRMF yari yaciwe ku myitwarire y’abana batoragura imipira yagabanyijwe cyane iva ku bihumbi 200$ igera ku bihumbi 50$.

Gusa ihazabu y’ibihumbi 100$ ku myitwarire y’abakinnyi n’abatoza ba Maroc bagiye mu cyumba cya VAR kubangamira abasifuzi yagumyeho, kuko CAF yemeje ko yarenze ku mategeko ngengamyitwarire yayo hashingiye ku ngingo ya 82 na 84.

Iyi dosiye ishobora gufata indi ntera ikomeye mu rwego mpuzamahanga, bitewe n’uko FSF yiyemeje kuyigeza muri CAS. Ibi bikaba bishobora guhindura ibiri kuvugwa hirya no hino ku bunyangamugayo n'ubutabera bwatanzwe hashingiye ku kwambura Sénégal igikombe cya AFCON 2025.

@Igihe

kwamamaza