
Rayon Sports yihimuye kuri police FC
Feb 13, 2026 - 19:31
Rayon Sports yatsinze Police FC 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium Kuri uyu w Gatanu, tariki ya 13 Gashyantare 2026.
kwamamaza
Uyu mukino witabiriwe n'abakunzi bu'umupira wamaguru benshi watangiye ikipe ya Police FC yiharira umukino kuko mu minota ya mbere y'umukino police yahushije uburyo bwinshi bwibitego byari byabazwe Rayon Sports harimo uburyo bw’igitego, nyuma yo guhusha ubwo buryo ikipe ta Rayon Sports yatangiye nayo kwisanga mu mukino maze itanhira gusatira izamu rya police ibinyujije mu mipira miremire.
Ku mukino wa 20' ikipe ya Rayon Sports yahushije uburyo bw'igitego yaribonye cyari cyabazwe maze umupira utewe umuzamu wa police fc awukuramo, police fc nayo yarase uburyo ku mupira watewe na Ani Elijah ku munota wa 35" ariko Kwizera Olivier awufata neza igice cya mbere cyarangiyr amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Mu gice cya kabiri, Rayon Sports yakomeje gukina neza bidatsinze ku munota wa 52, yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Tambwe Gloire ku mupira watakajwe na Henry Msanga ari hafi y’uburuga rw’amahina, ahita aroba umunyezamu uruhukira mu rushundura, nyuma yo gutsindwa igitego police yagerageje uburyo bwo gushaka igitego ariko biranga
Ku minota wa 80", Rayon Sports yahushije uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ku mupira Mugisha Didier yahaye Asman Ndikumana ari wenyine imbere y’izamu ariko ananirwa kuwushyira mu izamu ahubwo agongana n’igiti cy’izamu, umukino uri kugana ku musozo ani Elijah yagonze Kwizera Olivier umukino umara iminota 8" Kwizera ari kwitabwaho ariko agaruka mu kibuga Umukino warangiye Rayon Sports yatsinze Police FC 1-0, yuzuza umukino wa Kabiri wikurikiranya itsinda.


Gutsinda uyu mukino byatumye Rayon Sports igira amanota 32 ifata umwanya wa gatanu, mu gihe Police FC yatsinzwe umukino wa Kabiri wikurikiranya yagumye ku mwanya wa gatatu n’amanota 34.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


