Kamonyi: Abayobozi b'imidugudu barasaba ubufasha mu kurwanya ibyaha birimo ubujura

Kamonyi: Abayobozi b'imidugudu barasaba ubufasha mu kurwanya ibyaha birimo ubujura

Abayobozi b'imidugudu igize Aka karere barasaba ko bahabwa ubufasha bwihariye mu kurwanya ibyaha byo gukubita no gukomeretse, ubujura, gusambanya abana no kunywa ibiyobyabwenge kuko bo babona nta ko baba batagize. Ninyuma y'aho bigaragarijwe mu mezi atatu  ashize, ibi byaha byiyongereye.

kwamamaza

 

Mu Karere ka Kamonyi hagaragajwe ko mu mezi atatu assize, ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, ubujura, gusamabanya abana no kunywa ibiyobyabwenge byakozwe ku kigereranyo ku kiri hagati y'inshuro 22-97.

Kugira ngo ibi byaha bigabanuke cyangwa bicike, abayobozi b'imidugudu yo muri aka karere bagaragaza ko bakeneye izindi mbaraga mu gukumira ibyaha, cyane ko basanze ibyinshi muri byo biterwa n'ubusinzi n'ubushoreke.

Umwe mu bayobozi b'Umudugudu yabwiye Isango Star, ko " hari aho tugera ziriya nsoresore zigashaka kuturusha imbaraga kuko hari iziba zifite intwaro. Ariko iyo zibonye ingabo cyangwa Polisi zije, tubasha kuzifatira ku gihe."

Gusa bamwe muribo bavuga ko bagwrageje kugabanya ibyaba biterwa n'ubusinzi birimo urugomo rukabije, kurwana hagati y'abashakanye bitewe n'ubusinzi.

Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, avuga ko icyuho gihari kigiterwa n'abadatangira amakuru ku gihe kandi bikozwe uko biri byatuma n'ubwo bufasha bwifuzwa bwatangirwa igihe.

Ati:" hari imieyango igirana ayo makimbirane ariko ntisohore ayo makuru, icyo ni kimwe. Noneho ugasanga abayobozi bibajije ko ibintu ari amahoro. Ubu icyo turi kuganira nabo ni ugufata ingamba ngo twegere abaturage cyane, batwizere baduhe ukuri kw'ibibera mu ngo. Bityo tubashe gufata ingamba hataravuka ikibazo gikomeye."

Yongeraho ko" icyo dusaba  abayobozi b'Umudugudu, nibamenye amakuru kandi ayatangire ku gihe. Ibiri ku rwego rwabo babikemure. Ariko noneho ibibarenze, inzego: kuva ku Kagali kugera ku Karere, hari ubushobozi bwo kubafasha, ikibazo kigakemuka."

Ku rundi ruhande ariko, abayobozi bo mu nzego z'ibanze muri aka karere, bagirwa inama yo gukomeza kugenzura imikorere y'utubari, bakadufasha kubahiriza amasaha yo gufungura twashyiriweho.

@RUKUNDO Emmanuel/Isango Star-Kamonyi.

 

kwamamaza

Kamonyi: Abayobozi b'imidugudu barasaba ubufasha mu kurwanya ibyaha birimo ubujura

Kamonyi: Abayobozi b'imidugudu barasaba ubufasha mu kurwanya ibyaha birimo ubujura

 Mar 26, 2025 - 14:44

Abayobozi b'imidugudu igize Aka karere barasaba ko bahabwa ubufasha bwihariye mu kurwanya ibyaha byo gukubita no gukomeretse, ubujura, gusambanya abana no kunywa ibiyobyabwenge kuko bo babona nta ko baba batagize. Ninyuma y'aho bigaragarijwe mu mezi atatu  ashize, ibi byaha byiyongereye.

kwamamaza

Mu Karere ka Kamonyi hagaragajwe ko mu mezi atatu assize, ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, ubujura, gusamabanya abana no kunywa ibiyobyabwenge byakozwe ku kigereranyo ku kiri hagati y'inshuro 22-97.

Kugira ngo ibi byaha bigabanuke cyangwa bicike, abayobozi b'imidugudu yo muri aka karere bagaragaza ko bakeneye izindi mbaraga mu gukumira ibyaha, cyane ko basanze ibyinshi muri byo biterwa n'ubusinzi n'ubushoreke.

Umwe mu bayobozi b'Umudugudu yabwiye Isango Star, ko " hari aho tugera ziriya nsoresore zigashaka kuturusha imbaraga kuko hari iziba zifite intwaro. Ariko iyo zibonye ingabo cyangwa Polisi zije, tubasha kuzifatira ku gihe."

Gusa bamwe muribo bavuga ko bagwrageje kugabanya ibyaba biterwa n'ubusinzi birimo urugomo rukabije, kurwana hagati y'abashakanye bitewe n'ubusinzi.

Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, avuga ko icyuho gihari kigiterwa n'abadatangira amakuru ku gihe kandi bikozwe uko biri byatuma n'ubwo bufasha bwifuzwa bwatangirwa igihe.

Ati:" hari imieyango igirana ayo makimbirane ariko ntisohore ayo makuru, icyo ni kimwe. Noneho ugasanga abayobozi bibajije ko ibintu ari amahoro. Ubu icyo turi kuganira nabo ni ugufata ingamba ngo twegere abaturage cyane, batwizere baduhe ukuri kw'ibibera mu ngo. Bityo tubashe gufata ingamba hataravuka ikibazo gikomeye."

Yongeraho ko" icyo dusaba  abayobozi b'Umudugudu, nibamenye amakuru kandi ayatangire ku gihe. Ibiri ku rwego rwabo babikemure. Ariko noneho ibibarenze, inzego: kuva ku Kagali kugera ku Karere, hari ubushobozi bwo kubafasha, ikibazo kigakemuka."

Ku rundi ruhande ariko, abayobozi bo mu nzego z'ibanze muri aka karere, bagirwa inama yo gukomeza kugenzura imikorere y'utubari, bakadufasha kubahiriza amasaha yo gufungura twashyiriweho.

@RUKUNDO Emmanuel/Isango Star-Kamonyi.

kwamamaza