Iran yihanangirije Amerika, iteguza ko intambara izarenga akarere nigabwaho ibitero bishya

Iran yihanangirije Amerika, iteguza ko intambara izarenga akarere nigabwaho ibitero bishya

Iran yatangaje ko ishobora kwagura intambara ikarenga Uburasirazuba bwo hagati mu gihe Amerika na Israel byayigabaho ibitero bishya. Ni mu gihe Perezida Donald Trump yavuze ko intambara ishobora kurangira vuba ariko anemeza ko igisirikare cya Amerika gikomeje kwitegura ibikorwa bya gisirikare. Ibi bibaye mu gihe ibiganiro hagati ya Washington na Téhéran bikomeje, ndetse n'Ubushinwa bugasaba impande zombi kwirinda kongera imirwano.

kwamamaza

 

Abasirikare ba Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), umutwe ukomeye wa gisirikare wa Iran, batangaje kuri uyu wa Gatatu ko igihugu cyabo kizihimura bikomeye mu gihe cyongera kugabwaho ibitero.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sepah News, bagize bati: “Nimwongera kugaba ibitero kuri Iran, intambara izarenga aka karere kandi ibitero byacu bizabasenya.”

Iri tangazo rije nyuma y’uko Visi Perezida wa Amerika, J.D. Vance, atangaje ko ibiganiro hagati ya Amerika na Iran biri gutanga icyizere, ariko ko Washington ifite undi mugambi ushobora gusubukura ibikorwa bya gisirikare igihe ibiganiro byananirana.

Mu kiganiro yagiriye muri White House ku wa 19 Gicurasi (05), yavuze ko Amerika igishyize urutoki ku mbarutso, agaragaza ko igitutu cya gisirikare kigikomeje nubwo hari ibiganiro bya dipolomasi biri kuba.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, na we yavuze ko iyi ntambara ishobora kurangira vuba cyane, ndetse bitanga icyizere ku masoko mpuzamahanga y’ingufu.

Kuri uyu wa Gatatu, amato atatu manini atwara peteroli arimo abiri y’Ubushinwa n’ubwo muri Korea y’Epfo, yanyuze mu muhora wa Hormuz atwaye miliyoni zisaga esheshatu z’ibigega bya peteroli, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko impungenge ku mutekano muri ako gace ziri kugabanuka, nubwo aya mato yari yerekeje mu bihugu bicuti bya Iran.

Supertanker yiswe Universal Winner, yari itwaye miliyoni ebyiri z’ibigega bya peteroli bivuye muri Kuwait, yanyuze muri Hormuz iri kumwe n’ubuyobozi bwa Iran nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Korea y’Epfo, Cho Hyun, yabitangaje.

Ku rundi ruhande, Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yabwiye mugenzi we w’Uburusiya, Vladimir Putin wari wamusuye, ko bidakwiye kongera imirwano mu burasirazuba bwo hagati  muri iki gihe, ashimangira ko ibiganiro ari byo bikenewe kurusha ibindi muri iki gihe.

@RFI

 

kwamamaza

Iran yihanangirije Amerika, iteguza ko intambara izarenga akarere nigabwaho ibitero bishya

Iran yihanangirije Amerika, iteguza ko intambara izarenga akarere nigabwaho ibitero bishya

 May 20, 2026 - 11:03

Iran yatangaje ko ishobora kwagura intambara ikarenga Uburasirazuba bwo hagati mu gihe Amerika na Israel byayigabaho ibitero bishya. Ni mu gihe Perezida Donald Trump yavuze ko intambara ishobora kurangira vuba ariko anemeza ko igisirikare cya Amerika gikomeje kwitegura ibikorwa bya gisirikare. Ibi bibaye mu gihe ibiganiro hagati ya Washington na Téhéran bikomeje, ndetse n'Ubushinwa bugasaba impande zombi kwirinda kongera imirwano.

kwamamaza

Abasirikare ba Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), umutwe ukomeye wa gisirikare wa Iran, batangaje kuri uyu wa Gatatu ko igihugu cyabo kizihimura bikomeye mu gihe cyongera kugabwaho ibitero.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sepah News, bagize bati: “Nimwongera kugaba ibitero kuri Iran, intambara izarenga aka karere kandi ibitero byacu bizabasenya.”

Iri tangazo rije nyuma y’uko Visi Perezida wa Amerika, J.D. Vance, atangaje ko ibiganiro hagati ya Amerika na Iran biri gutanga icyizere, ariko ko Washington ifite undi mugambi ushobora gusubukura ibikorwa bya gisirikare igihe ibiganiro byananirana.

Mu kiganiro yagiriye muri White House ku wa 19 Gicurasi (05), yavuze ko Amerika igishyize urutoki ku mbarutso, agaragaza ko igitutu cya gisirikare kigikomeje nubwo hari ibiganiro bya dipolomasi biri kuba.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, na we yavuze ko iyi ntambara ishobora kurangira vuba cyane, ndetse bitanga icyizere ku masoko mpuzamahanga y’ingufu.

Kuri uyu wa Gatatu, amato atatu manini atwara peteroli arimo abiri y’Ubushinwa n’ubwo muri Korea y’Epfo, yanyuze mu muhora wa Hormuz atwaye miliyoni zisaga esheshatu z’ibigega bya peteroli, ibintu byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko impungenge ku mutekano muri ako gace ziri kugabanuka, nubwo aya mato yari yerekeje mu bihugu bicuti bya Iran.

Supertanker yiswe Universal Winner, yari itwaye miliyoni ebyiri z’ibigega bya peteroli bivuye muri Kuwait, yanyuze muri Hormuz iri kumwe n’ubuyobozi bwa Iran nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Korea y’Epfo, Cho Hyun, yabitangaje.

Ku rundi ruhande, Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yabwiye mugenzi we w’Uburusiya, Vladimir Putin wari wamusuye, ko bidakwiye kongera imirwano mu burasirazuba bwo hagati  muri iki gihe, ashimangira ko ibiganiro ari byo bikenewe kurusha ibindi muri iki gihe.

@RFI

kwamamaza