
Amerika yakajije igitutu kuri Iran, itegeta amato 31 gusubira inyuma
Apr 23, 2026 - 10:36
Ubuyobozi bw'ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikorera mu burasirazuba bwo hagati bwatangaje ko bwategetse amato 31 gusubira inyuma mu nyanja, mu rwego rwo gukaza igitutu kuri Iran. Ni mu gihe umuhora wa Hormuz ukomeje gufungwa ndetse umutekano w’aka karere ukomeje guteza impungenge.
kwamamaza
Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika bukorera mu Burasirazuba bwo Hagati (Centcom) bwatangaje ko ayo mato yategetswe gusubira inyuma cyangwa gusubira ku byambu byayo, mu rwego rwo gukomeza gufunga ibyambu bya Iran. Bwasobanuye ko amenshi muri ayo mato yubahirije ayo mabwiriza, cyane cyane ayari atwaye peteroli.
Ibi bibaye mu gihe aka karere gakomeje kugaragaramo ubushyamirane bukomeye. Nubwo Israel na Liban biherutse kumvikana ku gahenge k’iminsi icumi, nubwo umugambi wa Israel wo kurandura umutwe wa Hezbollah ugikomeje.
Ku wa 21 Mata (04), Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agahenge kari hagati ya Amerika na Iran kazakomeza, ariko ashimangira ko ibihano no gufunga ibyambu bya Iran bikomeza gushyirwa mu bikorwa. Yanavuze ko hari amahirwe y’uko impande zombi zagirana ibiganiro, nubwo nta gihe byatangarijwe.
Hagati aho RFI yatangaje ko umuhora wa Hormuz, unyurwamo igice kinini cya peteroli ijya ku masoko mpuzamahanga, ugifunze. Ndetse ibi bikomeje gutuma ibiciro bya peteroli bishobora kuzamuka no kugira ingaruka ku bukungu bw’isi.
Ni mu gihe amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Washington Post avuga ko igisirikare cya Amerika (Pentagone) cyatangarije Inteko Ishinga Amategeko y'iki gihugu ko gusukura uwo muhora, hakurwamo ibisasu byo mu mazi, bishobora kumara amezi agera kuri atandatu. Icyakora, umuvugizi wa Pentagone yahakanye ayo makuru, ayita ko atari ukuri.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


