
Hari gushakwa uko amakimbirane amabanki agirana n'abakiliya bayo yajya akemurirwa mu buhuza
May 26, 2026 - 17:42
Urukiko rw’Ikirenga rwagiranye ibiganiro n’abahagarariye amabanki n’ibigo by’imari iciriritse bikorera mu Rwanda hagamijwe gushaka uburyo amakimbirane hagati y'abakiliya babyo yajya akemurirwa mu buhuza mbere yo kugera mu nkiko. Ni nyuma y'uko hagaragaye ubwiyongere bw’imanza zishingiye ku masezerano y’inguzanyo.
kwamamaza
Ibi biganiro byabaye kur'uyu wa Kabiri, ku wa 26 Gicurasi (06) 2026. Ibi biganiro byabaye nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rugaragaje ko mu nkiko, cyane cyane iz’ubucuruzi, hakomeje kwiyongera imanza ziregwamo amabanki n’ibigo by’imari kubera kutumvikana hagati yabyo n’abakiliya ku masezerano bagirana, cyane cyane ajyanye n’inguzanyo.
Inzira y'ubuhuza ni bumwe mu buryo bushyizwe imbere mu nzego z'ubutabera nk'uburyo bwo gukemura amakimbirane hakiri kare mu rwego rwo kugabanye umubare w'imanza zijya mu nkiko. Ubu buryo busaba ko abafitanye ikibazo bagikemura binyuze mu biganiro batarinze bagera mu nkiko, bikagabanya igihe n’ikiguzi bitangwa mu manza.
Ni mu gihe imibare igaragaza ko mu myaka itatu ishize, inkiko zitandukanye zakiriye imanza 549 zifitanye isano n’ubucuruzi.

kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


