
Gaza mu Kaga: Abaturage bavuga ko bagotewe mu ngo zabo n’imodoka n'indege by’intambara
Sep 17, 2025 - 13:12
Abaturage bo mu mujyi wa Gaza bakomje guhura n'ingorane zimokeye kubera igitero gikaze cy’ingabo za Israel ku butaka cyabagabwe kuva ku wa Kabiri ku wa 16 Nzeri (09) 2025, cyiswe “Chariots de Gidéon 2”. Israeli igisobanura nk'ikigamije mu izingiro ry'umujyi wa Gaza, aho abasirikare benshi bashyize imbere kurandura umutwe wa Hamas. Abaturage bavuga ko badashobora gusohoka ndetse bugarijwe n'ubwoba bwo gutinya kwicwa, ndetse no kugarizwa n'inzara. Nimugihe ONU yise iki gikorwa “ubwicanyi bukabije”.
kwamamaza
Abasivile bari basigaye mu ngo zabo mu mijyi wa Gaza, nta mahirwe yo guhunga bafite. Reeme, umubyeyi w’abana batanu, avuga ko abana be badashobora kuryama kubera urusaku rw’indege n’imodoka z’intambara.
Yagize ati:"Ibintu bimeze nabi, turumva urusaku rw'ibifaru. Abana bafite ubwoba, cyane cyane n'ijoro. Turi kwanga ijoro kuko hari urusaku rwinshi rw'ibifaru, urw'indege zikarushaho. Turatinya gusohoka kuko ibifaru bikikije inzu yacu, biragenda bikongera bikagaruka. Dufite ubwoba bwo kwicwa.”
Mu kandi gace gaherereye mu majyaruguru ya Gaza, Ahmad na we ari mu bihe nk’ibi. Afungiranye mu rugo hamwe n’umuryango we w’abantu icumi, mu gihe indege ntoya (drone) zihora zizenguruka hejuru y’inzu ye.
Yagize ati: ‘Ibintu bimeze nabi cyane kandi birakomeye. Ntitubasha gusohoka cyangwa kwinjira. Twagotewe n’indege ntoya zihora zituzenguruka. Nkeneye amazi y'abana ariko sinshobora gusohoka. Sinatinyuka kubigerageza kuko nakwicwa, abana bagasigara bafite inyota, bantegereje.’”
Ahmad akomeza avuga ko mu muhanda hari imirambo y’abantu bapfuye, ariko nta n’umwe ushobora kuyegera ngo ayitware kubera ubwoba.
Uyu ni umunsi wa kabiri, Ingabo za Israeli zitangije igitero cyo ku butaka, cyaje gikurikiye icyo mu kirere nacyo kitoroshye. Israel ivuga ko 40% by’abaturage bamaze guhunga.
Shady, uri mu mujyi wa Ramallah, avuga ko gusiga umuryango n’inzu yabo ari ibintu bibabaje cyane.
Yagize ati:" “Birababaje cyane kumva ushobora kutazongera kubona aho wakuriye n’abavandimwe bawe.”
Igisirikare cya Israeli ziteganya gukoresha abasirikare 130,000 mu gitero cyo ku butaka. Zatangaje kandi ko igiye gufungura indi nzira mu gihe cy’amasaha 48, kugira ngo abaturage bashobore guhunga. Ariko abaturage benshi nta mafaranga yo gutegura urugendo bafite, ibintu bikomeje gutera ibibazo bikomeye mu mujyi wa Gaza.
Abaturage baravuga ko ibi bitero bikomeje kubatera ubwoba, bigatuma bazirikana ibyahise birimo inzara n’ibindi bibazo by’ubuzima. Gaza iracyari mu bihe bikomeye.
Ubushakashatsi buherutse gutangaza ko 1.5% by'ubutaka bwa Gaza ari bwo bwakoreweho ubuhinzi, buvuye kuri 5% byariho ndetse bitewe n'intambara. Ibi bishimangira ko ahazaza ha Gaza hagoye bikomeye.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


