
Umuyobozi w'ikirenga wa Iran yaburiye Amerika
May 26, 2026 - 11:23
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Mojtaba Khamenei, yavuze ko Amerika itazongera kugira ahantu hatekanye mu karere k’Uburasirazuba bwo hagati. Yashimangiye ko ibihugu byo muri aka karere bitazongera kurinda ibirindiro bya gisirikare byayo. Ibi abitangaje nyuma y'uko Amerika igabye igitero yise icy'ubwirinzi ku ngabo n'ibikorwa byayo mu karere ndetse no kubuza iterwa ry'ibisasu mu muhora wa Hormuz.
kwamamaza
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Telegram kuri uyu wa Kabiri ndetse bugatambutswa ku bitangazamakuru byo muri iki gihugu, Khamenei yavuze aya magambo mu gihe Iran na Amerika bikomeje ibiganiro biri kubera muri Qatar bigamije gushaka uburyo bwo guhagarika intambara imaze amezi atatu hagati y’impande zombi.
Yagize ati: “Amerika ntizongera kugira ahantu hatekanye muri aka karere,” agaragaza ko Iran ishobora gukaza ibikorwa byo kwibasira inyungu za Amerika mu burasirazuba bwo hagati kandi ibihugu byo mu karere bitazongera gukingira ibirindiro igihe byakongera kuraswaho. Ibi bisa no guha umuburo Amerika.
Uyu muyobozi w'ikirenga utaragaragara na rimwe mu ruhame atangaje ibi nyuma y’uko Amerika yongeye kugaba ibitero ku birindiro bya misile byo mu majyepfo ya Iran, ariko ubutegetsi bwa Téhéran ntacyo bwari bwagatangaje. Ibi bigaragaza ko umwuka ukomeje kuba mubi nubwo hari ibiganiro by’amahoro biri gukorwa.
Nubwo hari impuguke mu bya geopolitiki zigaragaza ko ibyo Amerika yakoze ari igitutu gisunikira Iran kwemera kuganira vuba ku ngingo zikomeye zirimo iya Nikeleyeli ndetse no gufungura umuhora wa Hormuz, hari n'abavuga ko aya magambo y'umuyobozi w'ikirenga ashyira igitutu ku bihugu byo mu Kigobe cya Gulf bicumbikiye ibirindiro bya Amerika, birimo Qatar na Bahrain.
Nubwo impande zombi zikomeje gushakisha inzira yo guhagarika amakimbirane amaze guhungabanya umutekano n’ubucuruzi bw’ingufu ku rwego mpuzamahanga, Trump yaciye amarenga ko Amerika idashobora gusinya amasezerano na Iran mugihe ibihugu byo muri aka karere bitasinya amasezerano ya Abraham yo kugirana umubano na Israel.
Aya masezerano yaherekejwe na Amerika muri 2020 ari hagati ya Israel n'ibihugu bigendera ku mahame y'idini ya Islam ariko ntaremezwa n'ibihugu birimo Arabia Saoudite ndetse na Qatar, bivugwa ko bishobora nanone kutemera kuyasinya ngo bigirane umubano usanzwe na Israel.
@Reuters, RFI
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


