
Tanzania iri gucyura impunzi z’Abarundi, 15% zimaze gutaha
Feb 17, 2026 - 16:29
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, ryatangaje ko 15% by’impunzi z’Abarundi zirenga ibihumbi 136 zari zarahungiye muri Tanzania zimaze gutaha ku bushake mu mezi macye ashize. Ni igikorwa kiri gukorwa ku bufatanye na leta y'u Burundi, mu gihe bamwe mu mpunzi bavuga ko bari gucyurwa ku gahato.
kwamamaza
UNHCR yavuze ko mu ibarura ryakozwe mu mpera za 2025 ryagaragaje ko muri Tanzania hari impunzi z’Abarundi zirega gato ibihumbi 136, ari na zo ziri kugenda zicyurwa ku bwinshi, cyane cyane izari zicumbikiwe mu nkambi zo mu burengerazuba bw’icyo gihugu.
Iki gikorwa cyo gutaha kivugwa ko kiri gukorwa ku bushake kandi hubahirizwa uburenganzira n’umutekano w’impunzi, ku bufatanye bwa UNHCR-Tanzania, Leta ya Tanzania n’iy’u Burundi. Impande zose zemeranyije intego yo gucyura nibura impunzi ibihumbi bitatu buri cyumweru.
Gusa bamwe mu mpunzi zicumbikiwe mu nkambi za Nduta Refugee Camp na Nyarugusu Refugee Camp bavuga ko basubizwa iwabo ku gahato, ndetse hakaba n’abavuga ko inzu babagamo bazisenyerwaho kugira ngo bahatirwe gutaha, mu gihe icyatumye baba impunzi kigihari.
Leta ya Tanzania yamaze gutangaza ko inkambi ya Nduta igomba kuba yafunzwe bitarenze Werurwe (03) 2026, mu gihe igice cya Nyarugusu kirimo Abarundi kizafungwa bitarenze Kamena (06) uwo mwaka, impunzi zikaba zarabimenyeshejwe mbere.
Ku rundi ruhande, bamwe mu mpunzi bavuga ko impamvu zabateye guhunga Uburundi zigihari, bityo ko batagakwiye gucyurwa ku ngufu. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu na yo yagaragaje impungenge, ivuga ko uburyo iri cyurwa riri gukorwamo bushobora guteza ibibazo by’ubutabazi n’umutekano ku bataha.
@BBC
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


