RDC yasabye abaturage gutuza ku makuru avugwa ku bimukira boherejwe na Amerika 

RDC yasabye abaturage gutuza ku makuru avugwa ku bimukira boherejwe na Amerika 

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye abaturage gutuza no kwirinda gukwirakwiza ibihuha ku bimukira bari muri icyo gihugu, ivuga ko bahari mu buryo bwemewe n’amategeko kandi ko hari gutegurwa uburyo bwo kubasubiza iwabo mu gihe giteganyijwe. 

kwamamaza

 

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko impungenge zimaze iminsi zivugwa ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’abimukira bari ku butaka bwayo zidakwiriye guteza ubwoba abaturage. Ibyo byagiye bivugwa nyuma yaho bivuzwe ko Amerika yohereje muri iki gihugu abimukira bo mu gihugu cya Afghanistan babaga mu nkambi ya gisirikare muri Qatar.

Mu kiganiro cyabaye ku wa Mbere tariki 27 Mata (04) kuri radio na TV bya RDC ( RTNC), Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yasabye abaturage kugira ituze no kwitwararika amakuru atizewe.

Yavuze ko abanyamahanga bari muri icyo gihugu bahari mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi ko igihe bemerewe kuhaguma gifite aho kigarukira ndetse gikurikiranwa n’inzego zibishinzwe.

Guverinoma kandi yavuze ko iri gukorana n’ibihugu abo bimukira bakomokamo kugira ngo bazasubizwe iwabo igihe cyagenwe nikigera.

Patrick Muyaya yavuze ko igenzura rihoraho rikomeje gukorwa kugira ngo amategeko agenga abinjira n’abasohoka yubahirizwe.

Yanihanangirije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda ubutumwa bushobora gutera ubwoba abantu, ubwateza urwango cyangwa ivangura rikorerwa abanyamahanga. Yashimangiye ko ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo butagomba gukoreshwa mu gukwirakwiza ibinyoma.

Ni nyuma yaho muri iki gihugu hakunze kugaragara imvugo z’urwango ndetse n'urugomo ndengakamere.

@Radio Okapi

 

kwamamaza

RDC yasabye abaturage gutuza ku makuru avugwa ku bimukira boherejwe na Amerika 

RDC yasabye abaturage gutuza ku makuru avugwa ku bimukira boherejwe na Amerika 

 Apr 29, 2026 - 10:16

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye abaturage gutuza no kwirinda gukwirakwiza ibihuha ku bimukira bari muri icyo gihugu, ivuga ko bahari mu buryo bwemewe n’amategeko kandi ko hari gutegurwa uburyo bwo kubasubiza iwabo mu gihe giteganyijwe. 

kwamamaza

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko impungenge zimaze iminsi zivugwa ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’abimukira bari ku butaka bwayo zidakwiriye guteza ubwoba abaturage. Ibyo byagiye bivugwa nyuma yaho bivuzwe ko Amerika yohereje muri iki gihugu abimukira bo mu gihugu cya Afghanistan babaga mu nkambi ya gisirikare muri Qatar.

Mu kiganiro cyabaye ku wa Mbere tariki 27 Mata (04) kuri radio na TV bya RDC ( RTNC), Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yasabye abaturage kugira ituze no kwitwararika amakuru atizewe.

Yavuze ko abanyamahanga bari muri icyo gihugu bahari mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi ko igihe bemerewe kuhaguma gifite aho kigarukira ndetse gikurikiranwa n’inzego zibishinzwe.

Guverinoma kandi yavuze ko iri gukorana n’ibihugu abo bimukira bakomokamo kugira ngo bazasubizwe iwabo igihe cyagenwe nikigera.

Patrick Muyaya yavuze ko igenzura rihoraho rikomeje gukorwa kugira ngo amategeko agenga abinjira n’abasohoka yubahirizwe.

Yanihanangirije abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda ubutumwa bushobora gutera ubwoba abantu, ubwateza urwango cyangwa ivangura rikorerwa abanyamahanga. Yashimangiye ko ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo butagomba gukoreshwa mu gukwirakwiza ibinyoma.

Ni nyuma yaho muri iki gihugu hakunze kugaragara imvugo z’urwango ndetse n'urugomo ndengakamere.

@Radio Okapi

kwamamaza