Oman yashinje Amerika gukururwa mu ntambara na Israel, Inzego z'iperereza zivuguruza Trump

Oman yashinje Amerika gukururwa mu ntambara na Israel, Inzego z'iperereza zivuguruza Trump

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Oman, Badr al-Busaidi, yavuze ko Amerika yashowe mu ntambara muri Iran na Israel mu gihe ibiganiro byari hafi kugera ku masezerano. Ni mu gihe inzego z’iperereza za Amerika zivuguruza Perezida Donald Trump ku mpamvu yatangaje y’iyi ntambara.

kwamamaza

 

Badr al-Busaidi, wigeze kuba umuhuza mu biganiro hagati ya Amerika na Iran, yatangaje ko Washington yinjiye mu ntambara mu gihe hari icyizere gikomeye cyo kumvikana kuri gahunda ya nucléaire ya Iran. Mu nyandiko yasohoye muri The Economist, yavuze ko mu mezi icyenda ashize, impande zombi zari hafi kugera ku masezerano, agaragaza ko intambara ari “akaga kari gashobora kwirindwa”.

Ibi bije mu gihe raporo y’inzego z’iperereza za Amerika igaragaza ko Iran itigeze isubukura ibikorwa byo kongera uranium nyuma y’ibitero yagabweho na Amerika na Israel muri Nyakanga (07) 2025, ivuguruza Trump wavuze ko yagabye ibitero kubera “iterabwoba ryayo ryo kugera ku ntwaro kirimbuzi".

Iyi ngingo yakomeje guteza impaka muri politiki ya Amerika, aho Senateri Mark Warner yanenze Tulsi Gabbard amushinja kudatangaza neza ibivuguruza Perezida.

Nubwo hari ukutumvikana, umuyobozi wa CIA, John Ratcliffe, we yavuze ko Iran itari ifite ubushake bwo kurangiza ibiganiro. Gusa, inzego z’iperereza zemeza ko nubwo yagizweho ingaruka n’ibitero, ishobora kongera kubaka ubushobozi bwayo bwa gisirikare mu gihe kizaza.

Ni mu gihe ubuyobozi bwa Iran buherutse gutangaza ko butazigera buhindura intego zayo ku ngufu za Nikereyeri,  ariko yongera gushimangira ko bazikoresha mu rwego rwa gisivili.

 

kwamamaza

Oman yashinje Amerika gukururwa mu ntambara na Israel, Inzego z'iperereza zivuguruza Trump

Oman yashinje Amerika gukururwa mu ntambara na Israel, Inzego z'iperereza zivuguruza Trump

 Mar 19, 2026 - 18:38

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Oman, Badr al-Busaidi, yavuze ko Amerika yashowe mu ntambara muri Iran na Israel mu gihe ibiganiro byari hafi kugera ku masezerano. Ni mu gihe inzego z’iperereza za Amerika zivuguruza Perezida Donald Trump ku mpamvu yatangaje y’iyi ntambara.

kwamamaza

Badr al-Busaidi, wigeze kuba umuhuza mu biganiro hagati ya Amerika na Iran, yatangaje ko Washington yinjiye mu ntambara mu gihe hari icyizere gikomeye cyo kumvikana kuri gahunda ya nucléaire ya Iran. Mu nyandiko yasohoye muri The Economist, yavuze ko mu mezi icyenda ashize, impande zombi zari hafi kugera ku masezerano, agaragaza ko intambara ari “akaga kari gashobora kwirindwa”.

Ibi bije mu gihe raporo y’inzego z’iperereza za Amerika igaragaza ko Iran itigeze isubukura ibikorwa byo kongera uranium nyuma y’ibitero yagabweho na Amerika na Israel muri Nyakanga (07) 2025, ivuguruza Trump wavuze ko yagabye ibitero kubera “iterabwoba ryayo ryo kugera ku ntwaro kirimbuzi".

Iyi ngingo yakomeje guteza impaka muri politiki ya Amerika, aho Senateri Mark Warner yanenze Tulsi Gabbard amushinja kudatangaza neza ibivuguruza Perezida.

Nubwo hari ukutumvikana, umuyobozi wa CIA, John Ratcliffe, we yavuze ko Iran itari ifite ubushake bwo kurangiza ibiganiro. Gusa, inzego z’iperereza zemeza ko nubwo yagizweho ingaruka n’ibitero, ishobora kongera kubaka ubushobozi bwayo bwa gisirikare mu gihe kizaza.

Ni mu gihe ubuyobozi bwa Iran buherutse gutangaza ko butazigera buhindura intego zayo ku ngufu za Nikereyeri,  ariko yongera gushimangira ko bazikoresha mu rwego rwa gisivili.

kwamamaza