
KWIZERA OLIVIER YONGEWE MU MAVUBI KU MUNOTA WA NYUMA
Mar 21, 2026 - 13:23
Umunyezamu wa Rayon Sports, Olivier Kwizera, yamaze kwemezwa mu bakinnyi bagize Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ iri kwitegura imikino ya FIFA Series 2026
kwamamaza
Umunyezamu wa Rayon Sports, Olivier Kwizera, yamaze kwemezwa mu bakinnyi bagize Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ iri kwitegura imikino ya FIFA Series 2026 izabera i Kigali, nyuma yo kongerwa mu rutonde ku munota wa nyuma, Aya makuru yemejwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, mu kiganiro yagiranye na RTV Kick Off, aho yavuze ko n’ubwo uyu munyezamu yari atari mu rutonde rw’agateganyo rwatangajwe ku wa Mbere, ubu yamaze guhabwa umwanya mu ikipe.
Yagize ati: “Yari atari mu rutonde rwabanje, ariko nyuma yo kuganira n’umutoza no gusuzuma uko ahagaze, twemeje ko yinjira mu bandi.”
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko umutoza mukuru w’Amavubi, Stephen Constantine, akurikiranye umukino wa Rayon Sports muri iki cyumweru, akabona imikinire ya Kwizera Olivier, mbere yo kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa FERWAFA ku buryo yakwiyongera mu bakinnyi bari guhamagarwa.
Amakuru ava mu nzego z’umupira w’amaguru agaragaza ko imikinire ye iheruka gushimisha abatoza, bigatuma bongera kumutekerezaho mu gihe ikipe yitegura amarushanwa akomeye.
Imyiteguro y’Amavubi izatangira ku wa Mbere, aho abakinnyi 32 bazahurira mu mwiherero, nyuma yaho hazatangazwa urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi 26 bazitabira irushanwa rya FIFA Series 2026 riteganyijwe kubera i Kigali kuva tariki ya 26 kugeza ku ya 31 Werurwe.
iyi mikino izahuza u Rwanda n’andi makipe atandukanye ku rwego mpuzamahanga, mu gihe Amavubi azaba ashaka kwitwara neza imbere y’abafana bayo ku kibuga cyayo, kongerwa kwa Kwizera Olivier ku rutonde bitanga icyizere ku bakunzi b’Amavubi, bitewe n’ubunararibonye bwe ndetse n’uburyo amaze iminsi yitwara neza mu izamu rya Rayon Sports
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


