
Iran yatangiye kureka amato adafitanye isano na Amerika na Israel agakoresha umuyoboro wa Hormuz
Apr 2, 2026 - 14:38
Iran yatangaje ko irimo kwemerera amato kunyura mu muyoboro wa Hormuz, inzira y’ingenzi ku bicuruzwa bya peteroli ku isi, gusa agomba kuba ari amato atari ay'ibihugu bifatwa nk'ibishotoranyi ndetse adafitanye isano na Amerika cyangwa Israel. Ni mu gihe intambara ikomeje gufata intera hagati y'ibihugu, ingaruka mu rwego rw'ubukungu zikomeje kwiyongera ndetse nta gahunda y'ibiganiro cyangwa agahenge biteganywa.
kwamamaza
Umuyoboro wa Hormuz ni imwe mu nzira z’ingenzi ku isi zinyuramo ibikomoka kuri peteroli, bityo amabwiriza ya Iran yo kuwufunga yagize ingaruka zitandukanye ku bucuruzi mpuzamahanga ndetse n'urwego rw'ingufu.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, umuvugizi wa minisiteri y'ububanyi n'amahanga, Esmail Baghaei, yavuze ko nta mato azemererwa kunyura muri uwo muhora atabanje gisuzumwa ko afatitanye isano n'ibihugu by'ibishotoranyi.
Yagaragaje ko amato azemererwa kunyura muri uwo muhora "nyuma y’ubuhuzabikorwa bwa ngombwa n’abategetsi bacu”.
Baghaei yanavuze ko Iran itazihanganira uruziga rw'ubugome rw'intambara, ibiganiro, ndetse agahenge nubwo Perezida Trump yagaragaje kenshi ko hari ibigabiro biri gukorwa uruhande rwa Iran rudashaka gutangaza kubwo gutinya ako abaturage babwo babiyicira.
Gusa Iran yagaragaje Amerika na Israel bakunze kurenga ku masezerano, bahereye ku ntambara y'iminsi 12 yo muri 2025 ku bigo bya Nikeleyeri, nyuma Amerika igasaba ko ihagarara ariko igasubira kugaba ibitero nyuma y'amezi icyenda gusa.
Uyu muvugizi yavuze ko hari ibitero bikomeje gukorwa na Amerika na Israel, abiburira ko Iran ishobora gusubiza mu buryo bukomeye cyane mu gihe bikomeje. Yanavuze ko ibyo bihugu bifite amakuru atuzuye ku bushobozi bwa gisirikare bwa Iran, harimo n’ibikoresho by’intwaro, ahakana ibivugwa ko ububiko bw’intwaro za Iran bwagabanutse cyane.
Yasabye Amerika na Israel kwishyura ku byo yise ubushotoranyi batangiye, ibintu bikomeje kongera impungenge ku mutekano wo mu karere ndetse no ku isi muri rusange, cyane cyane ku bijyanye n’ubwikorezi bwa peteroli binyuze mu muhora wa Hormuz, ndetse n'igihe iyi ntambara ishobora kurangirira.

@BBC
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


