
Cristiano Ronaldo arakabakaba kugeza ibitego 1000
Feb 14, 2026 - 23:39
Rutahizamu wa Al Nassr, Cristiano Ronaldo (CR7), akomeje gutsinda umusubirizo yatsinze igitego cya 962, kuva yatangira gukina umupira wamaguru nkuwabigize umwuga, iki gitego yagitsinze mu mukino al nassr yatsinzemo Al Fateh ibitego 2-0.
kwamamaza
Iki gitego cyatumye Ronaldo arushaho kwegera intego y’ihaye yo kuzuzuza ibitego 1000 mbere yo gusoza umwuga we w’ubukinnyi, Ubu asigaje ibitego 38 gusa kugira ngo agere kuri iyo ntego idasanzwe mu mateka y’umupira w’amaguru,
Nubwo imyaka igenda yiyongera, CR7 akomeje kwerekana ko akiri ku rwego rwo hejuru, atsinda ibitego by’ingenzi kandi afasha ikipe ye kubona intsinzi zikomeye. Igitego cye cya 962 cyashimangiye ko ari umwe mu bakinnyi bafite umwihariko mu gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’umupira w’amaguru.
Ronaldo yagiye atangaza kenshi ko yifuza kugera ku ntego y’ibitego 1000 mbere yo guhagarika gukina, Uko imikino igenda ishira, abafana be ku isi hose bakomeje gukurikiranira hafi urugendo rwe, bibaza igihe azandikira amateka mashya yo kuzuza ibitego 1000 akazaba ariwe mukinnyi uzwi na (FIFA) uzaba ubikoze ku nshuro ya mbere mu mateka y'umupira wamaguru.

Benshi bakomeza kwibaza ikibazo kivuga giti Ese azabigeraho muri uyu mwaka w’imikino Abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi hose bakomeje guhanga amaso CR7, mu gihe urugendo rwe rugana ku bitego 1000 rukomeje gufata indi ntera
Mu gihe amaze akina igiteranyo cy'ibitego yatsinze mu makipe ni 819 Sporting (5), Manchester United (145), Real Madrid (450), Juventus (101), Al Nassr (118) ndetse na ekipe y’Igihugu Portugal 143.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


