Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by'agateganyo

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by'agateganyo

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ko yavuye mu gihugu by’agateganyo nyuma y’amezi abiri yari amaze yihishe. Ni nyuma y'amatora ya Perezida yabaye muri Mutarama (01), agasiga Yoweri Museveni akomeza kuyobora igihugu. Wine yavuze ko ayo matora yaranzwe n’uburiganya n’igitutu cy’inzego z’umutekano.

kwamamaza

 

Mu butumwa yatanze yifashishije videwo y’iminota itanu yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa Gatandatu, Bobi Wine yavuze ko yavuye muri Uganda agiye mu bikorwa yise "iby'ingenzi, hanze y’igihugu, nubwo atatangaje aho aherereye cyangwa ibisobanuro birambuye ku byo agiyemo.

Yagize ati: “Igihe nikigera nzagaruka mu gihugu nkomeze urugamba rwo guharanira ubwisanzure na demokarasi.”

Wine yavuze ko kuva amatora yari amaze igihe yihishe nyuma yo kuva iwe i Kampala, aho avuga ko inzego z’umutekano zashyizeho za bariyeri mu mihanda ndetse zigakora ibitero byo kumushakisha.

Uyu munyapolitiki wigeze kuba umuhanzi yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza kwe byabangamiwe n’inzego z’umutekano zabangamiraga inama ze za politiki ndetse zigata muri yombi bamwe mu bamushyigikiye.

Ubuyobozi bwa Uganda n’igisirikare ntibwigeze buhita bugira icyo butangaza kuri ayo magambo. Icyakora umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, akaba umuhungu wa Perezida Museveni, yigeze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ko igisirikare kiri kumushakisha, nubwo hatatangajwe icyaha yaba akurikiranyweho.

Museveni w’imyaka 81 amaze kuyobora Uganda kuva mu 1986. Amatora agenda atsindamo yakunze kunengwa n’abatavuga rumwe na we n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Abo bavuga ko akunze kurangwa n’iterabwoba n’ihohoterwa, ibirego ubutegetsi bwa Uganda bwakomeje guhakana.

@Reuters 

 

kwamamaza

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by'agateganyo

Bobi Wine yatangaje ko yavuye muri Uganda by'agateganyo

 Mar 16, 2026 - 05:02

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ko yavuye mu gihugu by’agateganyo nyuma y’amezi abiri yari amaze yihishe. Ni nyuma y'amatora ya Perezida yabaye muri Mutarama (01), agasiga Yoweri Museveni akomeza kuyobora igihugu. Wine yavuze ko ayo matora yaranzwe n’uburiganya n’igitutu cy’inzego z’umutekano.

kwamamaza

Mu butumwa yatanze yifashishije videwo y’iminota itanu yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa Gatandatu, Bobi Wine yavuze ko yavuye muri Uganda agiye mu bikorwa yise "iby'ingenzi, hanze y’igihugu, nubwo atatangaje aho aherereye cyangwa ibisobanuro birambuye ku byo agiyemo.

Yagize ati: “Igihe nikigera nzagaruka mu gihugu nkomeze urugamba rwo guharanira ubwisanzure na demokarasi.”

Wine yavuze ko kuva amatora yari amaze igihe yihishe nyuma yo kuva iwe i Kampala, aho avuga ko inzego z’umutekano zashyizeho za bariyeri mu mihanda ndetse zigakora ibitero byo kumushakisha.

Uyu munyapolitiki wigeze kuba umuhanzi yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza kwe byabangamiwe n’inzego z’umutekano zabangamiraga inama ze za politiki ndetse zigata muri yombi bamwe mu bamushyigikiye.

Ubuyobozi bwa Uganda n’igisirikare ntibwigeze buhita bugira icyo butangaza kuri ayo magambo. Icyakora umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, akaba umuhungu wa Perezida Museveni, yigeze gutangaza ku mbuga nkoranyambaga ko igisirikare kiri kumushakisha, nubwo hatatangajwe icyaha yaba akurikiranyweho.

Museveni w’imyaka 81 amaze kuyobora Uganda kuva mu 1986. Amatora agenda atsindamo yakunze kunengwa n’abatavuga rumwe na we n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Abo bavuga ko akunze kurangwa n’iterabwoba n’ihohoterwa, ibirego ubutegetsi bwa Uganda bwakomeje guhakana.

@Reuters 

kwamamaza