Barindwi barimo abapolisi bane baguye mu myigaragambyo mu gace kagenzurwa na Pakistan

Barindwi barimo abapolisi bane baguye mu myigaragambyo mu gace kagenzurwa na Pakistan

Abantu barindwi barimo abasivili batatu n’abapolisi bane batangajwe ko baguye mu myigaragambyo iri kubera mu gake ka Cachemire, mu gice kigenzura ma Pakistan. Ni mu gihe abandi benshi bakomeretse. Ni nyuma y’uko ubutegetsi bushyize umutwe wa Joint Awami Action Committee (JAAC) ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, bushinja ibikorwa by’iterabwoba.

kwamamaza

 

Abantu bapfuye, abandi bakomereka nyuma y'imirwano yahuje abigaragambya n’inzego z’umutekano mu mujyi wa Rawalakot.

Sardar Waheed, umuyobozi mukuru wa gisivili muri uwo mujyi, yavuze ko abasivili batatu bishwe mu gihe abandi 40 bakomerekeye muri ayo makimbirane. Polisi na yo yatangaje ko abapolisi bane bishwe naho 23 bagakomereka.

Aya makimbirane aje nyuma y’uko ku wa Gatanu ubutegetsi bwa Azad Cachemire bushyize umutwe wa Joint Awami Action Committee (JAAC) ku rutonde rw’amatsinda akurikiranwa hashingiwe ku mategeko arwanya iterabwoba, buwushinja kugira uruhare mu bikorwa bigamije guteza akaduruvayo no guhungabanya umutekano.

Polisi yavuze ko ku wa Gatandatu yafashe abantu 72 bafitanye isano na JAAC.

Uyu mutwe umaze igihe usaba impinduka mu miyoborere no mu bukungu, harimo kugabanya ibiciro by’ingufu no gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu. Wahakanye ibyaha ushinjwa, uvuga ko gushyirwa kuri urwo rutonde ari igikorwa cyo gushaka kuwucecekesha.

JAAC yanatangaje ko itazahagarika imyigaragambyo yari iteganyijwe ku wa 9 Kamena (06), nubwo ubuyobozi bwafunze icyicaro cyayo ndetse bugashyiraho itegeko ribuza abantu guhurira mu matsinda mu mujyi wa Muzaffarabad, umurwa mukuru wa Cachemire igenzurwa na Pakistan.

Mu gihe abaturage bari biteguye imyigaragambyo n’ingamba zikomeye z’umutekano, benshi bihutiye kugura ibiribwa n’ibindi bikenerwa mbere y’ikorwa ry’iyo myigaragambyo.

Akarere ka Cachemire, gatuwe cyane n’Abayisilamu, kamaze imyaka myinshi gashyamiranywaho hagati ya Pakistan n’Ubuhinde. Ibihugu byombi bikavuga ko ari akabyo, nubwo buri kimwe kigenzura igice cyako kuva byabona ubwigenge ku Bwongereza. 

@RFI....

 

kwamamaza

Barindwi barimo abapolisi bane baguye mu myigaragambyo mu gace kagenzurwa na Pakistan

Barindwi barimo abapolisi bane baguye mu myigaragambyo mu gace kagenzurwa na Pakistan

 Jun 8, 2026 - 09:28

Abantu barindwi barimo abasivili batatu n’abapolisi bane batangajwe ko baguye mu myigaragambyo iri kubera mu gake ka Cachemire, mu gice kigenzura ma Pakistan. Ni mu gihe abandi benshi bakomeretse. Ni nyuma y’uko ubutegetsi bushyize umutwe wa Joint Awami Action Committee (JAAC) ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, bushinja ibikorwa by’iterabwoba.

kwamamaza

Abantu bapfuye, abandi bakomereka nyuma y'imirwano yahuje abigaragambya n’inzego z’umutekano mu mujyi wa Rawalakot.

Sardar Waheed, umuyobozi mukuru wa gisivili muri uwo mujyi, yavuze ko abasivili batatu bishwe mu gihe abandi 40 bakomerekeye muri ayo makimbirane. Polisi na yo yatangaje ko abapolisi bane bishwe naho 23 bagakomereka.

Aya makimbirane aje nyuma y’uko ku wa Gatanu ubutegetsi bwa Azad Cachemire bushyize umutwe wa Joint Awami Action Committee (JAAC) ku rutonde rw’amatsinda akurikiranwa hashingiwe ku mategeko arwanya iterabwoba, buwushinja kugira uruhare mu bikorwa bigamije guteza akaduruvayo no guhungabanya umutekano.

Polisi yavuze ko ku wa Gatandatu yafashe abantu 72 bafitanye isano na JAAC.

Uyu mutwe umaze igihe usaba impinduka mu miyoborere no mu bukungu, harimo kugabanya ibiciro by’ingufu no gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu. Wahakanye ibyaha ushinjwa, uvuga ko gushyirwa kuri urwo rutonde ari igikorwa cyo gushaka kuwucecekesha.

JAAC yanatangaje ko itazahagarika imyigaragambyo yari iteganyijwe ku wa 9 Kamena (06), nubwo ubuyobozi bwafunze icyicaro cyayo ndetse bugashyiraho itegeko ribuza abantu guhurira mu matsinda mu mujyi wa Muzaffarabad, umurwa mukuru wa Cachemire igenzurwa na Pakistan.

Mu gihe abaturage bari biteguye imyigaragambyo n’ingamba zikomeye z’umutekano, benshi bihutiye kugura ibiribwa n’ibindi bikenerwa mbere y’ikorwa ry’iyo myigaragambyo.

Akarere ka Cachemire, gatuwe cyane n’Abayisilamu, kamaze imyaka myinshi gashyamiranywaho hagati ya Pakistan n’Ubuhinde. Ibihugu byombi bikavuga ko ari akabyo, nubwo buri kimwe kigenzura igice cyako kuva byabona ubwigenge ku Bwongereza. 

@RFI....

kwamamaza