Abaguye mu ntambara muri Iran barenze 1.000, mu gihe intambara ikomeje kwaguka

Abaguye mu ntambara muri Iran barenze 1.000, mu gihe intambara ikomeje kwaguka
Misile yarashwe na Iran muri Syria ariko ntiyaturika

Abantu 1.045 bamaze kugwa mu bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran kuva ku wa 28 Gashyantare (02) 2026. Ni mu gihe Israel yatangaje ko ibitero byayo na Amerika biteganyjwe kumara ibyumweru bibiri, naho Iran ikaba ikomeje kwihimura mu bihugu byo mu Kigobe, umutwe wa Hezbollah yivuze kurasa ibirindiro bibiri bya Israel. Ni mu gihe misile za Iran yinjiye ikirere cya OTAN yahagaritswe itaragera muri Turkey.

kwamamaza

 

Ibiro ntaramakuru bya Leta ya Iran, Islamic Republic News Agency (IRNA), byatangaje ko abapfuye barimo abasivili n’abasirikare, barenga kure 787 bari batangajwe mbere na Iranian Red Crescent Society. Tehran ishinja Amerika na Israel kugaba igitero igahungabanya ubusugire bwayo.

Ku ruhande rwa Israel, ibinyamakuru birimo Ynet na The Times of Israel byatangaje ko igisirikare cya Israel giteganya gukomeza ibitero nibura indi minsi 14, kigamije kwibasira ibihumbi by’ahantu bifitanye isano n’ubutegetsi bwa Iran. Igisirikare cya Amerika cyo kivuga ko mu minsi ine ya mbere y’intambara hamaze kuraswa ahantu hari hagambiriwe hagera ku 2.000.

Iran na yo yakomeje kwihimura irasa misile na drones mu bihugu byo mu Kigobe. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatangaje ko zahagaritse misile eshatu na drones zirenga 120, mu gihe Qatar yo yavuze ko yahagaritse misile ebyiri za croisière na drones 10. Turkey na yo yemeje ko misile yarashwe iva muri Iran yerekeza mu kirere cyayo yahagaritswe n’ingabo za OTAN kandi ntawe yahitanye cyangwa ngonigire ibyo yangiza.

Ku rundi ruhande, Ubamwi bwa Bahrain bwahamagariye abaturage baho basaga miliyoni n'igice kwiyandikisha ku bifuza kwitanga ku bushake mu gushyigikira intambara.

Muri Iraq, umuyobozi w’ikirenga w’aba-Shiite, Ali Sistani, yamaganye ibitero bya Israel na Amerika, avuga ko bidakwiye. Yasabye abayisilamu by'umwihariko abo mu bihugu bya Kisilamu kuyihagarika, n'ibihugu bigashaka umuti w’amahoro ku kibazo cya nucléaire ya Iran.

Naho mu mujyi wa Qamishli uherereye mu majyaruguru ya Syria, hafi y’umupaka na Turkey, hagaragaye misile yaguye hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cyaho ariko itaturitse, bigaragaza ko iyi ntambara ikomeje gusatira n’ibindi bihugu byo mu karere.

Hagati aho, umutwe wa Hezbollah wo muri Liban watangaje ko warashe ibirindiro bya gisirikare bya Israel ukoresheje drones z’intambara, birimo ikigo cya Tel Hashomer kiri hafi ya Tel-Aviv n’ikigo cya gisirikare cyo mu mazi giherereye Haïfa. Ni mu gihe Israel yatangije ibitero byo ku butaka muri Liban mu gake ya Khiam mu rwego rwo guhangana n'umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran. Israel yatangaje ko abasirikare bayo babiri bakomerekeye mu majyepfo ya Liban bazize ibisasu bya anti-tank.

Muri Iran, intambara ikomeje gutuma gushyiraho usimbura umuyobozi w'ikirenga bigorana, icyakora bamwe mu bagize inteko ishinzwe kumutora bavuga ko  gushaka umusimbura biri hafi.

Intambara ya Israëli na Amerika na Iran ikomeje gufata indi ntera, aho urujya n'uruza mu burasirazuba bwo hagati hazwi kugira ikirere gikoreshwa cyane ku isi, ubuzima bwahagaze. Ikiguzi cya Peteroli na gaz ikomejr kwiyongera, mu gihe Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko hari ubwato bw'intambara bugiyr koherezwa mu nyanja ya Mediterane kugira ngo bufashe mu gushaka inzira y'ibicuruzwa bikoresha inzira ya Hormuz yafunzwe n'ibitero bya Iran.

 

kwamamaza

Abaguye mu ntambara muri Iran barenze 1.000, mu gihe intambara ikomeje kwaguka
Misile yarashwe na Iran muri Syria ariko ntiyaturika

Abaguye mu ntambara muri Iran barenze 1.000, mu gihe intambara ikomeje kwaguka

 Mar 4, 2026 - 17:10

Abantu 1.045 bamaze kugwa mu bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran kuva ku wa 28 Gashyantare (02) 2026. Ni mu gihe Israel yatangaje ko ibitero byayo na Amerika biteganyjwe kumara ibyumweru bibiri, naho Iran ikaba ikomeje kwihimura mu bihugu byo mu Kigobe, umutwe wa Hezbollah yivuze kurasa ibirindiro bibiri bya Israel. Ni mu gihe misile za Iran yinjiye ikirere cya OTAN yahagaritswe itaragera muri Turkey.

kwamamaza

Ibiro ntaramakuru bya Leta ya Iran, Islamic Republic News Agency (IRNA), byatangaje ko abapfuye barimo abasivili n’abasirikare, barenga kure 787 bari batangajwe mbere na Iranian Red Crescent Society. Tehran ishinja Amerika na Israel kugaba igitero igahungabanya ubusugire bwayo.

Ku ruhande rwa Israel, ibinyamakuru birimo Ynet na The Times of Israel byatangaje ko igisirikare cya Israel giteganya gukomeza ibitero nibura indi minsi 14, kigamije kwibasira ibihumbi by’ahantu bifitanye isano n’ubutegetsi bwa Iran. Igisirikare cya Amerika cyo kivuga ko mu minsi ine ya mbere y’intambara hamaze kuraswa ahantu hari hagambiriwe hagera ku 2.000.

Iran na yo yakomeje kwihimura irasa misile na drones mu bihugu byo mu Kigobe. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zatangaje ko zahagaritse misile eshatu na drones zirenga 120, mu gihe Qatar yo yavuze ko yahagaritse misile ebyiri za croisière na drones 10. Turkey na yo yemeje ko misile yarashwe iva muri Iran yerekeza mu kirere cyayo yahagaritswe n’ingabo za OTAN kandi ntawe yahitanye cyangwa ngonigire ibyo yangiza.

Ku rundi ruhande, Ubamwi bwa Bahrain bwahamagariye abaturage baho basaga miliyoni n'igice kwiyandikisha ku bifuza kwitanga ku bushake mu gushyigikira intambara.

Muri Iraq, umuyobozi w’ikirenga w’aba-Shiite, Ali Sistani, yamaganye ibitero bya Israel na Amerika, avuga ko bidakwiye. Yasabye abayisilamu by'umwihariko abo mu bihugu bya Kisilamu kuyihagarika, n'ibihugu bigashaka umuti w’amahoro ku kibazo cya nucléaire ya Iran.

Naho mu mujyi wa Qamishli uherereye mu majyaruguru ya Syria, hafi y’umupaka na Turkey, hagaragaye misile yaguye hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cyaho ariko itaturitse, bigaragaza ko iyi ntambara ikomeje gusatira n’ibindi bihugu byo mu karere.

Hagati aho, umutwe wa Hezbollah wo muri Liban watangaje ko warashe ibirindiro bya gisirikare bya Israel ukoresheje drones z’intambara, birimo ikigo cya Tel Hashomer kiri hafi ya Tel-Aviv n’ikigo cya gisirikare cyo mu mazi giherereye Haïfa. Ni mu gihe Israel yatangije ibitero byo ku butaka muri Liban mu gake ya Khiam mu rwego rwo guhangana n'umutwe wa Hezbollah uterwa inkunga na Iran. Israel yatangaje ko abasirikare bayo babiri bakomerekeye mu majyepfo ya Liban bazize ibisasu bya anti-tank.

Muri Iran, intambara ikomeje gutuma gushyiraho usimbura umuyobozi w'ikirenga bigorana, icyakora bamwe mu bagize inteko ishinzwe kumutora bavuga ko  gushaka umusimbura biri hafi.

Intambara ya Israëli na Amerika na Iran ikomeje gufata indi ntera, aho urujya n'uruza mu burasirazuba bwo hagati hazwi kugira ikirere gikoreshwa cyane ku isi, ubuzima bwahagaze. Ikiguzi cya Peteroli na gaz ikomejr kwiyongera, mu gihe Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko hari ubwato bw'intambara bugiyr koherezwa mu nyanja ya Mediterane kugira ngo bufashe mu gushaka inzira y'ibicuruzwa bikoresha inzira ya Hormuz yafunzwe n'ibitero bya Iran.

kwamamaza