Umuhora wa Hormuz wafunguwe, Israeli ivuga ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje

Umuhora wa Hormuz wafunguwe, Israeli ivuga ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje

Iran yatangaje ko yafunguye umuhora wa Hormuz ndetse n'amato y’ubucuruzi yemerewe gutambuka  nyuma yo kwemeza agahenge k’iminsi 10 katangiye hagati ya Israel na Liban. Israel yavuze ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje, mu gihe hari ibirego byo kurenga ku masezerano bishyira mu kaga amahoro arambye.

kwamamaza

 

Iran yavuze ko yafunguye umuhira wa  inzira ya Hormuz, inyuramo 20% bya peteroli ikoreshwa ku isi. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yatangaje ko amato yose y’ubucuruzi yemerewe kunyura muri uwo muhora mu gihe cyose agahenge kazaba kagikurikizwa.

Iki cyemezo cyakiriwe neza ku rwego mpuzamahanga, aho cyagize ingaruka nziza ku isoko rya peteroli, igiciro cyayo gihita kigabanuka.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, na we yagaragaje ko ashyigikiye iki cyemezo, avuga ko uyu muhora utazongera gufungwa wagizwe intwaro na Iran. Gusa yanavuze ko igitutu cya gisirikare Amerika yashyizeho kizakomeza kugeza habonetse amasezerano arambye.

Agahenge hagati ya Israel na Liban katangiye gushyirwa mu bikorwa saa tatu z’ijoro ku isaha mpuzamahanga, nyuma y’umunsi waranzwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Israel n’umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran. Icyakora, amasaha make nyuma y’uko gatangiye, ingabo za Liban zatangaje ko Israel yarenze ku masezerano inshuro nyinshi.

Ku ruhande rwa Hezbollah, batangaje ko abarwanyi babo bakomeje kuba maso, biteguye gusubira mu mirwano mu gihe cyose habayeho kurenga ku gahenge. Ibi byashimangiwe na Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, wavuze ko ibikorwa bya gisirikare bitararangira.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na we yavuze ko nubwo Hezbollah yagabanyijwe imbaraga, ariko intego yo kuyisenya burundu igikomeje.

Mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye, abayobozi b’ibihugu bikomeye barimo Emmanuel Macron, Keir Starmer, Giorgia Meloni na Friedrich Merz batangije umugambi wo gushyiraho ubutumwa  mpuzamahanga bw'igisirikare bwigenga buzafasha kurinda umutekano w’ikorwa ry’ubucuruzi mu muhora wa Hormuz.

Nubwo hari icyizere cy’uko ibintu byagenda neza, impungenge ziracyari nyinshi, kuko impande zihanganye zigaragaza ko ziteguye gusubira mu mirwano igihe cyose amasezerano y’agahenge atubahirijwe.

 

kwamamaza

Umuhora wa Hormuz wafunguwe, Israeli ivuga ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje

Umuhora wa Hormuz wafunguwe, Israeli ivuga ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje

 Apr 17, 2026 - 16:33

Iran yatangaje ko yafunguye umuhora wa Hormuz ndetse n'amato y’ubucuruzi yemerewe gutambuka  nyuma yo kwemeza agahenge k’iminsi 10 katangiye hagati ya Israel na Liban. Israel yavuze ko urugamba kuri Hezbollah rugikomeje, mu gihe hari ibirego byo kurenga ku masezerano bishyira mu kaga amahoro arambye.

kwamamaza

Iran yavuze ko yafunguye umuhira wa  inzira ya Hormuz, inyuramo 20% bya peteroli ikoreshwa ku isi. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yatangaje ko amato yose y’ubucuruzi yemerewe kunyura muri uwo muhora mu gihe cyose agahenge kazaba kagikurikizwa.

Iki cyemezo cyakiriwe neza ku rwego mpuzamahanga, aho cyagize ingaruka nziza ku isoko rya peteroli, igiciro cyayo gihita kigabanuka.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, na we yagaragaje ko ashyigikiye iki cyemezo, avuga ko uyu muhora utazongera gufungwa wagizwe intwaro na Iran. Gusa yanavuze ko igitutu cya gisirikare Amerika yashyizeho kizakomeza kugeza habonetse amasezerano arambye.

Agahenge hagati ya Israel na Liban katangiye gushyirwa mu bikorwa saa tatu z’ijoro ku isaha mpuzamahanga, nyuma y’umunsi waranzwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Israel n’umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran. Icyakora, amasaha make nyuma y’uko gatangiye, ingabo za Liban zatangaje ko Israel yarenze ku masezerano inshuro nyinshi.

Ku ruhande rwa Hezbollah, batangaje ko abarwanyi babo bakomeje kuba maso, biteguye gusubira mu mirwano mu gihe cyose habayeho kurenga ku gahenge. Ibi byashimangiwe na Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, wavuze ko ibikorwa bya gisirikare bitararangira.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na we yavuze ko nubwo Hezbollah yagabanyijwe imbaraga, ariko intego yo kuyisenya burundu igikomeje.

Mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye, abayobozi b’ibihugu bikomeye barimo Emmanuel Macron, Keir Starmer, Giorgia Meloni na Friedrich Merz batangije umugambi wo gushyiraho ubutumwa  mpuzamahanga bw'igisirikare bwigenga buzafasha kurinda umutekano w’ikorwa ry’ubucuruzi mu muhora wa Hormuz.

Nubwo hari icyizere cy’uko ibintu byagenda neza, impungenge ziracyari nyinshi, kuko impande zihanganye zigaragaza ko ziteguye gusubira mu mirwano igihe cyose amasezerano y’agahenge atubahirijwe.

kwamamaza