U Rwanda rwasinyanye amasezerano n'Ubushinwa ya miliyari 66 yo kubaka urugomero 

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n'Ubushinwa ya miliyari 66 yo kubaka urugomero 

Leta y'U Rwanda na Repubulika y'u Bushinwa byasinye amasezerano y'inguzanyo ya miliyoni 47 z'amadolari y'Amerika, ahwanye na miliyali 66 z'amafaranga y'u Rwanda, azafasha mu guteza imbere umushinga wo kubaka urugomero rufata amazi rwa Giseke, mu karere Ka Gisagara.

kwamamaza

 

Muri gahunda ya 2 y'Igihugu yo kwihutisha iterambere NST2 (2024-2029) mu buhinzi, Leta y' u Rwanda n'iy'U Bushinwa byasinyanye amasezerano y'inguzanyo ya miliyari 66. Iyi nguzanyo U Rwanda ruzahabwa izifashishwa mu kubaka urugomero rufata amazi rwa Giseke, mu karere ka Gisagara ndetse no kwagura umushinga wo kuhira imyaka mu buryo bugezweho.

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, MURANGWA Yusuf, avuga ko umusaruro uzava muri uyu mushinga, uzafasha abo mu Karere ka Gisagara mu kwihaza ndetse nIgihugu muri rusange.

Yagize ati:" aya ni amasezerano ajyanye n'ubufatanye dufitanye n'igihugu cy'U Bushinwa. Ku bijyanye n'aya masezerano, ni amasezerano ajyanye n'inguzanye twita professional long. Ni inguzanyo nziza yo kwishyura mugihe kirekire cyane ariko ifite urwunguko ruri hasi cyane (interest rate). Uyu mushinga ni uwo kuhira mu karere ka Gisagara witwa 'Giseke irrigation projact'."

"uyu mushinga uzafasha ingo nyinshi zirimo abanyarwanda hafi 4 500, gukora akazi k'ubuhinzi, buhira imyaka kugira ngo imyaka itagira ikibazo kijyanye n'imihindagurikire y'ikirere (climate change). Uyu mushinga ni mwiza cyane kuko hegitare zizuhirwa ni hafi 2 640. Ni umushinga uzafasha Akarere ka Gisagara ku bijyanye no kwihaza mu biribwa, ariko umusaruro uzanavamo uzafasha igihugu cyose." 

Biteganijwe ko uyu mushinga uzagirira akamaro mu buryo butaziguye ingo zigera kuri 915, aho bazakoresha ibikorwa remezo byo kuhira imyaka ndetse n’Isoko ryo mu Karere ka Gisagara n'andi yo hanze yarwo naryo rikungukira mu gucuruza ibicuruzwa byasaruwe muri uyu mushinga.

Iyi nguzanyo kandi izatangwa na Exim Bank yo mu Bushinwa, ikazishyurwa mu gihe cy’imyaka 20.

@INGABIRE Gina/Isango Star- Kigali.

 

kwamamaza

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n'Ubushinwa ya miliyari 66 yo kubaka urugomero 

U Rwanda rwasinyanye amasezerano n'Ubushinwa ya miliyari 66 yo kubaka urugomero 

 Jan 23, 2025 - 10:36

Leta y'U Rwanda na Repubulika y'u Bushinwa byasinye amasezerano y'inguzanyo ya miliyoni 47 z'amadolari y'Amerika, ahwanye na miliyali 66 z'amafaranga y'u Rwanda, azafasha mu guteza imbere umushinga wo kubaka urugomero rufata amazi rwa Giseke, mu karere Ka Gisagara.

kwamamaza

Muri gahunda ya 2 y'Igihugu yo kwihutisha iterambere NST2 (2024-2029) mu buhinzi, Leta y' u Rwanda n'iy'U Bushinwa byasinyanye amasezerano y'inguzanyo ya miliyari 66. Iyi nguzanyo U Rwanda ruzahabwa izifashishwa mu kubaka urugomero rufata amazi rwa Giseke, mu karere ka Gisagara ndetse no kwagura umushinga wo kuhira imyaka mu buryo bugezweho.

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, MURANGWA Yusuf, avuga ko umusaruro uzava muri uyu mushinga, uzafasha abo mu Karere ka Gisagara mu kwihaza ndetse nIgihugu muri rusange.

Yagize ati:" aya ni amasezerano ajyanye n'ubufatanye dufitanye n'igihugu cy'U Bushinwa. Ku bijyanye n'aya masezerano, ni amasezerano ajyanye n'inguzanye twita professional long. Ni inguzanyo nziza yo kwishyura mugihe kirekire cyane ariko ifite urwunguko ruri hasi cyane (interest rate). Uyu mushinga ni uwo kuhira mu karere ka Gisagara witwa 'Giseke irrigation projact'."

"uyu mushinga uzafasha ingo nyinshi zirimo abanyarwanda hafi 4 500, gukora akazi k'ubuhinzi, buhira imyaka kugira ngo imyaka itagira ikibazo kijyanye n'imihindagurikire y'ikirere (climate change). Uyu mushinga ni mwiza cyane kuko hegitare zizuhirwa ni hafi 2 640. Ni umushinga uzafasha Akarere ka Gisagara ku bijyanye no kwihaza mu biribwa, ariko umusaruro uzanavamo uzafasha igihugu cyose." 

Biteganijwe ko uyu mushinga uzagirira akamaro mu buryo butaziguye ingo zigera kuri 915, aho bazakoresha ibikorwa remezo byo kuhira imyaka ndetse n’Isoko ryo mu Karere ka Gisagara n'andi yo hanze yarwo naryo rikungukira mu gucuruza ibicuruzwa byasaruwe muri uyu mushinga.

Iyi nguzanyo kandi izatangwa na Exim Bank yo mu Bushinwa, ikazishyurwa mu gihe cy’imyaka 20.

@INGABIRE Gina/Isango Star- Kigali.

kwamamaza