
Nkumba: Urubyiruko rwasabwe kuba icyitegererezo
Jul 3, 2025 - 10:00
Abarenga 430 barimo urubyiruko rw'Abanyarwanda baba mu muhanga n'abandi baba mu gihugu batangiye itorero Indangamirwa-icyiciro cya 15, baravuga ko bitezeho guhindura byinshi birimo kunyomoza ababiba amacakubiri n'abasebya u Rwanda.
kwamamaza
Itorerero Indangamirwa- icyiciro 15 riri kubera mu kigo cy'ubutore cya Nkumba giherereye mu karere ka Burera.
Atangiza iri torero ku mugaragaro, Minisitiri w'ubumwe bw'abanyarwanda ninshingano mboneragihugu- Dr. BIZIMANA Jean Damascène- yabasabye gutangirana intego zo kuzahava bagiye kuba icyitegererezo mu bihugu babamo.
Ati:" Kuba icyitegererezo, birasaba ngo bige kandi babone y'uko Isi hari ibintu bibi biyugarije, bigera no mu gihugu cyacu. Yugarijwe n'ibiyobyabwenge n'ibindi bikorwa bibi cyane byo kwamagana birimo gucuruza abantu, kwiyandarika, kwiyambura agaciro, ubusinzi. Usanga hari abana bata ishuri, tubona abana b'abakobwa bagiye mu buraya, abasore nabo ni uko, abasore bahura nk'abahuje ibitsina kandi si byo, bene ibyo bintu ni ibintu bibi bashobora kwigira mu mahanga."

Urubyiruko rwitabiriye iri torero ruvuga ko ari amahirwe ntagereranwa kandi baryitezemo byinshi.
Umwe yagize ati:"Ikintu kinshimisha ni ukuba ndi kumwe n'abantu ndeberaho, abasirikari ndabubaha cyane-kuba ndi kumwe nabo bakaba bari kunyigisha ibintu byinshi bimpa ikinyabupfura mu buzima bwanjye, atari mu gisirikari gusa, ni ikintu gikomeye cyane kuri njye."
Undi ati:" Ushingiye ku mateka y'u Rwanda ibyo bihugu biba bihakana, bikanatsemba ko nta jenoside yabayeho- twishingiye kubirwanya twivuye inyuma nk'urubyiruko. Kuko amateka arahari kandi hari n'ibimenyetso bifatika. Kuza muri iri torero rero, ntabwo narinzi ko nzarizamo."
"Hano nta kintu wageraho udafite ikinyabupfura burya."

Uko ari 438 baryitabiriye, 104 muri bo nibo baturutse mu mahanga.
Biteganyijwe ko mu byo uru rubyiruko ruzatozwa harimo indagagaciro za kinyarwanda, amateka y'u Rwanda, uruhare rw'urubyiruko mu Rwanda rwifuzwa, imikino njyarugamba n'ibindi.
@Emmanuel BIZIMANA/ Isngo star - mu kigo cyubutore cya Nkumba- Burera.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


