Minisitiri w’Ubuzima yasabye abava muri RDC na Uganda kubahiriza ingamba zo kwirinda Ebola

Minisitiri w’Ubuzima yasabye abava muri RDC na Uganda kubahiriza ingamba zo kwirinda Ebola

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yasabye Abanyarwanda n’abinjira mu gihugu baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda kubahiriza amabwiriza yo gukumira Ebola. Ni mu gihe iki cyorezo gikomeje kugaragara muri ibyo bihugu byombi, kikaba kimaze guhitana abarenga 200 muri RDC.

kwamamaza

 

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri Dr Nsanzimana yavuze ko kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda, ariko ashimangira ko igihugu gikomeje gukaza ingamba zo gukumira icyo cyorezo.

Yasobanuye ko abantu binjira mu Rwanda baturutse muri RDC na Uganda bashyiriweho uburyo bwo gukurikiranwa mu gihe cy’iminsi 21 n’inzego z’ubuzima, mbere yo gukomeza ibikorwa byabo bisanzwe.

Yagize ati: “Hari uburyo bwo kubakurikirana bakamara iminsi 21 bakurikiranwa n’inzego zishinzwe ubuzima mbere y’uko bakomeza imirimo yabo mu gihugu.”

Dr Nsanzimana yanasabye abantu bashobora kwinjira mu gihugu banyuze mu nzira zitemewe kwirinda gushyira ubuzima bwabo n'ubw'abandi bahura mu kaga.

Ati: "Ariko hari n’undi ushobora kuza mu buryo butazwi, akaza aciye mu nzira zitemewe, abo nabo turababwira ngo umenye ko ari ubuzima bwawe ariko ni n’ubuzima bw’abo usanze.”

Yavuze ko Ebola iri kuvugwa ubu ari ubwoko bwitiriwe agace ka Bundibugyo ko muri Uganda, ikaba ari virusi yo mu muryango umwe na Marburg u Rwanda rwigeze guhangana na wo mu bihe byashize. Yasobanuye ko umuntu wayanduye ashobora gutangira agaragaza umuriro mwinshi, nyuma bikazagera aho ava amaraso ndetse bikaba byanamuviramo urupfu.

Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko amakuru ariho agaragaza ko muri RDC iki cyorezo kimaze kugaragara mu bantu barenga 1000, abarenga 200 bakaba bamaze guhitanwa na cyo, mu gihe no muri Uganda hari abamaze kugaragwara nacyo.

 

kwamamaza

Minisitiri w’Ubuzima yasabye abava muri RDC na Uganda kubahiriza ingamba zo kwirinda Ebola

Minisitiri w’Ubuzima yasabye abava muri RDC na Uganda kubahiriza ingamba zo kwirinda Ebola

 May 29, 2026 - 16:27

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yasabye Abanyarwanda n’abinjira mu gihugu baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda kubahiriza amabwiriza yo gukumira Ebola. Ni mu gihe iki cyorezo gikomeje kugaragara muri ibyo bihugu byombi, kikaba kimaze guhitana abarenga 200 muri RDC.

kwamamaza

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri Dr Nsanzimana yavuze ko kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda, ariko ashimangira ko igihugu gikomeje gukaza ingamba zo gukumira icyo cyorezo.

Yasobanuye ko abantu binjira mu Rwanda baturutse muri RDC na Uganda bashyiriweho uburyo bwo gukurikiranwa mu gihe cy’iminsi 21 n’inzego z’ubuzima, mbere yo gukomeza ibikorwa byabo bisanzwe.

Yagize ati: “Hari uburyo bwo kubakurikirana bakamara iminsi 21 bakurikiranwa n’inzego zishinzwe ubuzima mbere y’uko bakomeza imirimo yabo mu gihugu.”

Dr Nsanzimana yanasabye abantu bashobora kwinjira mu gihugu banyuze mu nzira zitemewe kwirinda gushyira ubuzima bwabo n'ubw'abandi bahura mu kaga.

Ati: "Ariko hari n’undi ushobora kuza mu buryo butazwi, akaza aciye mu nzira zitemewe, abo nabo turababwira ngo umenye ko ari ubuzima bwawe ariko ni n’ubuzima bw’abo usanze.”

Yavuze ko Ebola iri kuvugwa ubu ari ubwoko bwitiriwe agace ka Bundibugyo ko muri Uganda, ikaba ari virusi yo mu muryango umwe na Marburg u Rwanda rwigeze guhangana na wo mu bihe byashize. Yasobanuye ko umuntu wayanduye ashobora gutangira agaragaza umuriro mwinshi, nyuma bikazagera aho ava amaraso ndetse bikaba byanamuviramo urupfu.

Minisitiri w’Ubuzima yavuze ko amakuru ariho agaragaza ko muri RDC iki cyorezo kimaze kugaragara mu bantu barenga 1000, abarenga 200 bakaba bamaze guhitanwa na cyo, mu gihe no muri Uganda hari abamaze kugaragwara nacyo.

kwamamaza