
Hagiye gushakwa igisubizo ku bibazo by'ubuzima ku mugabane wa Afurika
Mar 4, 2025 - 10:38
Kuri uyu wa Mbere u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga ku nshuro ya 6 yateguwe n’umuryango AMREF Health Africa, Minisiteri y’ubuzima, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO), ishami ry’Afurika, ndetse n’ikigo nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC.
kwamamaza
Iyi nama yitabiriwe n’ibihugu 56, yitezweho kubona ibisubizo ku bibazo urwego rw’ubuzima rushobora guhura nabyo muri iki gihe cy'ihagarikwa ry’inkunga za Amerika.
Dr. Raji Tajudeen, Umuyobozi wungirije w'ikigo gishinzwe kurwanya indwara no kuzikomira (African CDC) agaragaza ko intwaro Afurika ikwiye kwifashisha ari ukurushaho kwirinda kuko biruta kwivuza.
Ati "Abanyafurika, muri iki gihe dukeneye kwita kuri iri hungabana ry'ubukungu ku rwego rw'ubuzima no kurwego rw’abaturage. Tugomba guha amahirwe yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga, no kwirinda indwara kugira ngo bigabanye uburyo bwo kwivuza".
Tedros Adhanom Ghebreyesus, Umuyobozi mukuru w'ishami ry'umuryango w'abibumbye kw'isi OMS, yavuze ko OMS izakomeza gukorana na Afurika ku kwita ku buzima bw'abaturage.
Ati "OMS yiyemeje guteza imbere igisekuru kizaza cy'abayobozi bashinzwe ubuzima ku isi no gushyigikira urusobe rw'ibinyabuzima byo ku mugabane wa Afurika. Twese tugomba gufatanya kongera ishoramari mpuzamahanga n’imbere mu gihugu mu bigo bya siyansi, gushishikariza ubufatanye bw’akarere, no guhindura ibyavuye mu bushakashatsi muri politiki n’ibikorwa bifatika".
Dr. Sabin Nsanzimana Minisitiri w'ubuzima mu Rwanda, yavuze ko muri ibi bihe buri gihugu kigomba kwibeshaho kidategereje akimuhana, ibihugu bya Afurika bikishakamo ubushobozi no kumenya gukoresha neza ubuhari, no kwigisha abaturage kwirinda indwara zitandura.

Ati "icyo dukeneye gukora muri ibi bihe bidasanzwe, tugiye gukora kuburyo tugabanya amafaranga yakoreshwaga mu bikorwa by’ubuvuzi, hakabaho kwigisha abaturage kwirinda indwara bigakorerwa mu midugudu kubakozi bo kwa muganga bagahugurirwa aho bakorera, aho kugira ngo imiti ya maraliya n'inkingo z’abana bibure kandi ari ingenzi".
Akomeza agira ati "nk'umugabane w'Afurika dukwiye kwubaka ikoranabuhanga mu buryo bwiza bwacu bwadufasha gukemura ikibazo no kuziba iki cyuho hakagabanywa igihe amahugurwa yamaraga hagakoreshwa ikoranabuhanga. Ndabyizeye birashoboka kuko ntayandi mahitamo, inzira ni imwe gusa ni ukwishakamo ibisubizo".
Iyi nama iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatatu kubera umutekano warwo yitabiriwe nabagera ku bihumbi 3 biganjemo abakora mu rwego rw’ubuzima.
Ikaba yaraherukaga kubera i Kigali mu mwaka wa 2023 aho yari yitabiriwe n’abantu 2100 bo mu bihugu 50 byo hirya no hino kw’isi.
Inkuru ya Emilienne Kayitesi / Isango Star Kigali
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


