
Iran yashinjwe gukoresha satelite y’ubutasi y’u Bushinwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya Amerika
Apr 16, 2026 - 09:01
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Financial Times agaragaza ko Iran yakoresheje satelite y’ubutasi y’u Bushinwa mu gukusanya amakuru yifashishijwe mu kugaba ibitero bya misile na drones ku birindiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burasirazuba bwo hagati. Ni mu gihe u Bushinwa bwahise bubyamaganira kure, buvuga ko ari ibihuha bidafite ishingiro.
kwamamaza
Iki kinyamakuru cyo mu Bwongereza cyatangaje ko Iran yakoresheje satelite y’ubutasi y’u Bushinwa mu kunoza ibitero byayo bya gisirikare biheruka.
Amakuru agaragaza ko mu mpera za 2024, Iran yahawe uburenganzira bwo gukoresha mu ibanga satelite yitwa TEE-01B, yubatswe n’ikigo cyo mu Bushinwa cyitwa Earth Eye Co, maze ikoreshwa n’ishami rishinzwe iby’ikirere mu ngabo zirinda ubutegetsi bwa Iran (Revolutionary Guards). New York Post yatangaje ko Iran yishyuye miliyoni 36. z'amadolari ya Amerika kugira ngo ihabwe ubwo burenganzira.
Bivugwa ko iyo satelite yafashije Iran gukusanya amakuru arambuye ku birindiro bya Amerika biri mu bihugu byo mu Kigobe, arimo amafoto y’ahantu h’ingenzi, aho biherereye n’isesengura ry’imigendekere yayo mu kirere. Ayo makuru ngo yakoreshejwe mu kunoza ndza ibitero bya misile na drones.
Kimwe mu bitero byavuzwe cyane ni icyagabwe ku kigo cya gisirikare cya Prince Sultan giherereye muri Saudi Arabia ku wa 27 Werurwe (03) 2026. Icyo gitero cyakoreshejwemo misile esheshatu na drones 29, cyangije indege zitwara lisansi mu kirere ndetse kinasenya indege ya Awacs, ifite uruhare rukomeye mu kuyobora ibikorwa bya gisirikare mu kirere.
Amakuru avuga ko amashusho yafashwe n’iyo satelite ku matariki ya 13, 14 na 15 Werurwe (03) 2026 ari yo yafashije mu gutegura neza icyo gitero, kuko yerekanye imiterere y’icyo kigo n’imitunganyirize y’ibikoresho bya gisirikare.
Ku wa 14 Werurwe (03), Perezida Donald Trump na we yemeje ko indege za Amerika zari kuri icyo kigo zagabweho ibitero zikangirika, nubwo hatatangajwe byinshi ku buryo cyateguwe.
Gusa u Bushinwa bwahise buhakana ayo makuru, buvuga ko ari ibihuha bidafite ishingiro. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu yatangaje ko hari “imbaraga zimwe ziri kugerageza guhimba amakuru zigamije kubuhuza n’amakimbirane atabureba.”
Ku ruhande rwa Amerika, Pentagon ntiragira icyo itangaza kuri ayo makuru, nubwo hari impungenge zikomeje kugaragazwa ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ryo mu kirere mu ntambara z’iki gihe.
Gusa Financial Times yagaragaje ko aya makuru yayakuye muri dosiye z'igisirikari cya Iran bigizwemo uruhare n'abantu ba hafi b'iyo dosiye ariko batatangajwe amazina ku mpamvu z'umutekano.
Ibi bitangajwe mu gihe umubano wa Iran n’u Bushinwa ukomeje kuvugwaho ubufatanye mu bya gisirikare n’ikoranabuhanga, ibintu bishobora gukomeza kuzamura umwuka mubi hagati y’ibihugu bikomeye ku isi.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


