Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho umugore ucuruza urumogi

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho umugore ucuruza urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe abantu 2 bacuruza bakanaranguza ikiyobyabwenge cy'urumogi. Polisi ivuga ko nyiri urumogi yafatiwe mu cyuho arushyiriye abakiliya yari yarangiwe n'umukomisiyoneri wishyuwe ibihumbi 4.

kwamamaza

 

Abafashwe barimo BAGIRAYUBUSA Marie Rosalie  w'imyaka 43 y'amavuko na TUYISHIMIRE Ramadan w'imyaka 34, bafatiwe mu karere ka Gasabo, mu Murenge wa Rutunga, Akagari ka Kigabiro, Umudugudu wa Karwiru. Polisi ivuga ko bafashwe bafite urumogi ibiro 2 na Boule 250 z'urumogi.

‎Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yasobanuye ko bakimara gufatwa  Bagirayubusa yemeye ko urwo rumogi ari urwe naho Tuyishimire we akaba ari umukomisiyoneri umushakira abakiriya akamuhemba.

‎Aba bafashwe nyuma yaho abaturage batanze amakuru ko uyu mugore  Bagirayubusa acuruza urumogi kandi amaze igihe kirekire. Abapolisi bamufatiye mu cyuho afite uru urumogi arushyiriye abakiriya yari yarangiwe n'uriya mukomisiyoneri wari buhembwe amafaranga ibihumbi bine.

‎Aba bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutunga kugira ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego rw'ibugenzacyaha, RIB, ngo bakurikiranwe n'amategeko. 

‎CIP Gahonzire yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo uyu mucuruzi w'urumogi agafatwe mbere y'uko rukwirakwizwa mu baturage. Avuga ko iki ari ikimenyetso cy'imikoranire myiza hagati y'abaturage na Polisi ndetse bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ibibi bw'ibiyobyanwe.

‎Polisi yaburiye abishora mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye, ahubwo bakwiye gushaka ikindi bakora.

‎Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

 

kwamamaza

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho umugore ucuruza urumogi

Gasabo: Polisi yafatiye mu cyuho umugore ucuruza urumogi

 Apr 24, 2026 - 17:04

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera mu mujyi wa Kigali ryafashe abantu 2 bacuruza bakanaranguza ikiyobyabwenge cy'urumogi. Polisi ivuga ko nyiri urumogi yafatiwe mu cyuho arushyiriye abakiliya yari yarangiwe n'umukomisiyoneri wishyuwe ibihumbi 4.

kwamamaza

Abafashwe barimo BAGIRAYUBUSA Marie Rosalie  w'imyaka 43 y'amavuko na TUYISHIMIRE Ramadan w'imyaka 34, bafatiwe mu karere ka Gasabo, mu Murenge wa Rutunga, Akagari ka Kigabiro, Umudugudu wa Karwiru. Polisi ivuga ko bafashwe bafite urumogi ibiro 2 na Boule 250 z'urumogi.

‎Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yasobanuye ko bakimara gufatwa  Bagirayubusa yemeye ko urwo rumogi ari urwe naho Tuyishimire we akaba ari umukomisiyoneri umushakira abakiriya akamuhemba.

‎Aba bafashwe nyuma yaho abaturage batanze amakuru ko uyu mugore  Bagirayubusa acuruza urumogi kandi amaze igihe kirekire. Abapolisi bamufatiye mu cyuho afite uru urumogi arushyiriye abakiriya yari yarangiwe n'uriya mukomisiyoneri wari buhembwe amafaranga ibihumbi bine.

‎Aba bombi bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rutunga kugira ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego rw'ibugenzacyaha, RIB, ngo bakurikiranwe n'amategeko. 

‎CIP Gahonzire yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo uyu mucuruzi w'urumogi agafatwe mbere y'uko rukwirakwizwa mu baturage. Avuga ko iki ari ikimenyetso cy'imikoranire myiza hagati y'abaturage na Polisi ndetse bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ibibi bw'ibiyobyanwe.

‎Polisi yaburiye abishora mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye, ahubwo bakwiye gushaka ikindi bakora.

‎Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

kwamamaza