
Arsenal yanyagiriye ikipe ya Tottenham Hotspur ku kibuga cyayo
Feb 22, 2026 - 21:46
Ikipe ya Arsenal yongeye kwerekana ko ifite intego yo gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo kunyagira mukeba wayo Tottenham ibitego 4 kuri 1 muri London North derby
kwamamaza
Ikipe ya Arsenal yongeye kwerekana ko ifite intego yo gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo kunyagira mukeba wayo Tottenham ibitego 4 kuri 1 mu mukino wari utegerejwe na benshi wabereye ku kibuga cya Tottenham, Uyu mukino wasize Arsenal iyoboye urutonde n’amanota 61, irusha Manchester City amanota 5 iri ku mwanya wa kabiri amanota 56.
Arsenal yatangiye umukino ifite imbaraga nyinshi, ishaka igitego hakiri kare maze bidatinze Ku munota wa 32, Eze yafunguye amazamu atsinda igitego cya mbere cyazamuye ibyishimo by’abafana bari buzuye sitade. Nyuma y’iminota ibiri gusa, ku munota wa 34, kolo Muani yongeye guhita anyeganyeza inshundura, ashyiraho igitego cya mbere cya Tottenham .
Mu gice cya kabiri, Arsenal yakomeje gusatira bikomeye. Ku munota wa 47, Gyökeres yatsinze igitego cya kabiri cyashimangiye ko arsenal iri bwegukanue itsinzi y'umukino. Nubwo Tottenham yagerageje kwishyura nibura igitego kimwe, Arsenal ntiyigeze icika intege kuko yabonye igitego cya gatatu cyatsin,we na Eze kikaba igitego cya kabiri cye muri uyu mukino ku munota wa 61" w'umukino Arsenal ntibyarangirye aho kuko yashakaga kwihanangiriza ikipe ya Tottenham Hotspur maze bidatinze Mu minota y’inyongera (90+4), Gyökeres yongeye gutsinda igitego cya kane, ashyiraho akadomo ku ntsinzi ikomeye yatumye abafana ba Arsenal barushaho kwizera igikombe.
Iyi ntsinzi isize Arsenal ku mwanya wa mbere n’amanota 61, isiga Manchester City ku mwanya wa kabiri n’amanota 56, mu gihe Tottenham ikomeje gusigara inyuma mu rugamba rwo guhatanira imyanya ya mbere.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


