Amerika yafatiye ibihano abarimo Perezida wa Cuba n’abagize umuryango wa Castro

Amerika yafatiye ibihano abarimo  Perezida wa Cuba n’abagize umuryango wa Castro

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakajije igitutu kuri Cuba, ifatira ibihano Perezida Miguel Diaz-Canel, bamwe mu bagize umuryango wa Castro n’inzego zikomeye za leta. Amerika ivuga ko bigamije guca intege ubutegetsi ishinja gukandamiza abaturage no kugenzura ubukungu bw’icyo gihugu mu nyungu z’agatsiko kari ku butegetsi.

kwamamaza

 

Leta ya Amerika ku wa Kane yatangaje ibihano bishya byafatiwe abayobozi bakomeye muri Cuba, birimo Perezida Miguel Diaz-Canel, umugore we Lis Cuesta, umuhungu w’uyu mugore, ndetse n’abagize umuryango wa Raul Castro w'imyaka 95, wahoze ayobora igihugu ariko ugifite ijambo rikomeye mu miyoborere yacyo.

Mu bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano bo mu muryango wa Castro harimo Alejandro Castro Espin, umuhungu wa Raul Castro, ndetse n’umwe mu buzukuru be. Alejandro Castro Espin ni umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu biganiro by’ibanga byatumye Cuba na Amerika byongera kugirana umubano wa dipolomasi mu 2015.

Ku rundi ruhande, na Minisiteri y’Ingabo ya Cuba na yo yashyizwe mu nzego zafatiwe ibihano.

Iki cyemezo cya Washington kije gikurikira ibindi bihano byinshi byafatiwe abayobozi, abasirikare bakuru n’inzego z’ubutasi za Cuba mu mezi ashize.

Iyo Amerika ifatiye umuntu cyangwa ikigo ibihano, umutungo bifite ku butaka bwayo urafatirwa, mu gihe abaturage n’ibigo by’Abanyamerika babuzwa gukorana na byo.

Perezida Diaz-Canel yamaganye ibyo bihano, abifata nk' ibigamije gukaza gahunda ya Amerika yo gufatira Cuba ibihano no guteza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, yavuze ko “ubushotoranyi n’ubugome” bwa leta ya Amerika bitazabuza Cuba gukomeza guhangana n’igitutu cyose gituruka hanze.

Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yavuze ko abantu n’inzego zafatiwe ibihano ari bamwe mu bayobora cyangwa batera inkunga ubutegetsi bwa Cuba ndetse n’ibikorwa byabwo.

Rubio yavuze ko Amerika ikomeje gahunda yo gusenya icyo yise “itsinda rya gisirikare ryigaruriye ubukungu bwa Cuba,” ashingiye cyane ku kigo cya leta kizwi nka Gaesa, gicunga igice kinini cy’ubukungu bw’icyo gihugu.

Mu byumweru bishize, ibikorwa bya Gaesa byakomeje guhura n’imbogamizi nyuma y’uko ibigo mpuzamahanga byinshi bikora mu rwego rw’amahoteli bihagaritse cyangwa bigabanyije imikoranire na Cuba kubera impungenge z’ibihano bya Amerika.

Ibyo byagize ingaruka ku mahoteli menshi akorana na Gaesa, mu gihe na serivisi zo kwishyura hakoreshejwe amakarita ya Visa na Mastercard zahagaritswe.

Umubano hagati ya Cuba na Amerika umaze imyaka myinshi urimo amakimbirane, cyane cyane kuva 1962 Amerika yashyira igitutu kuri Cuba. Icyakora, kuva mu ntangiriro za 2026, umwuka hagati y’impande zombi warushijeho kuzamba.

Amerika yashyizeho ibihano byinshi ku bayobozi n’ibigo bya Cuba, inashinjwa gukaza igitutu kigamije guhungabanya ubukungu bw'iki gihugu giherereye muri kilometero 150 uvuye mu ntara ya Florida.

Perezida Donald Trump, na we wakunze kunenga ubuyobozi bwayo, yavuze ko icyo gihugu gikomeje kuba ikibazo ku mutekano wa Amerika. Yashimangira ko ashaka kubona icyo gihugu kiyobowe neza kandi gishoboye gutunga abaturage bacyo, kuko urwego rw’ubukerarugendo rwayo ruteye imbere ndetse ikaba ikize ku mutungo kamere.

Yanavuze ko nyuma yo kurangiza ibindi bibazo mpuzamahanga biri ku murongo wa mbere, harimo n’ibijyanye na Iran, Amerika izongera kwita cyane kuri Cuba.

Ibi bihano bishya byitezweho kongera igitutu ku bukungu bwa Cuba busanzwe buri mu bihe bikomeye, mu gihe ubutegetsi bwo bukomeje kuvuga ko ari intwaro ya politiki igamije guhirika ubuyobozi bwa Cuba.

 

kwamamaza

Amerika yafatiye ibihano abarimo  Perezida wa Cuba n’abagize umuryango wa Castro

Amerika yafatiye ibihano abarimo Perezida wa Cuba n’abagize umuryango wa Castro

 Jun 5, 2026 - 09:13

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakajije igitutu kuri Cuba, ifatira ibihano Perezida Miguel Diaz-Canel, bamwe mu bagize umuryango wa Castro n’inzego zikomeye za leta. Amerika ivuga ko bigamije guca intege ubutegetsi ishinja gukandamiza abaturage no kugenzura ubukungu bw’icyo gihugu mu nyungu z’agatsiko kari ku butegetsi.

kwamamaza

Leta ya Amerika ku wa Kane yatangaje ibihano bishya byafatiwe abayobozi bakomeye muri Cuba, birimo Perezida Miguel Diaz-Canel, umugore we Lis Cuesta, umuhungu w’uyu mugore, ndetse n’abagize umuryango wa Raul Castro w'imyaka 95, wahoze ayobora igihugu ariko ugifite ijambo rikomeye mu miyoborere yacyo.

Mu bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano bo mu muryango wa Castro harimo Alejandro Castro Espin, umuhungu wa Raul Castro, ndetse n’umwe mu buzukuru be. Alejandro Castro Espin ni umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu biganiro by’ibanga byatumye Cuba na Amerika byongera kugirana umubano wa dipolomasi mu 2015.

Ku rundi ruhande, na Minisiteri y’Ingabo ya Cuba na yo yashyizwe mu nzego zafatiwe ibihano.

Iki cyemezo cya Washington kije gikurikira ibindi bihano byinshi byafatiwe abayobozi, abasirikare bakuru n’inzego z’ubutasi za Cuba mu mezi ashize.

Iyo Amerika ifatiye umuntu cyangwa ikigo ibihano, umutungo bifite ku butaka bwayo urafatirwa, mu gihe abaturage n’ibigo by’Abanyamerika babuzwa gukorana na byo.

Perezida Diaz-Canel yamaganye ibyo bihano, abifata nk' ibigamije gukaza gahunda ya Amerika yo gufatira Cuba ibihano no guteza umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga X, yavuze ko “ubushotoranyi n’ubugome” bwa leta ya Amerika bitazabuza Cuba gukomeza guhangana n’igitutu cyose gituruka hanze.

Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yavuze ko abantu n’inzego zafatiwe ibihano ari bamwe mu bayobora cyangwa batera inkunga ubutegetsi bwa Cuba ndetse n’ibikorwa byabwo.

Rubio yavuze ko Amerika ikomeje gahunda yo gusenya icyo yise “itsinda rya gisirikare ryigaruriye ubukungu bwa Cuba,” ashingiye cyane ku kigo cya leta kizwi nka Gaesa, gicunga igice kinini cy’ubukungu bw’icyo gihugu.

Mu byumweru bishize, ibikorwa bya Gaesa byakomeje guhura n’imbogamizi nyuma y’uko ibigo mpuzamahanga byinshi bikora mu rwego rw’amahoteli bihagaritse cyangwa bigabanyije imikoranire na Cuba kubera impungenge z’ibihano bya Amerika.

Ibyo byagize ingaruka ku mahoteli menshi akorana na Gaesa, mu gihe na serivisi zo kwishyura hakoreshejwe amakarita ya Visa na Mastercard zahagaritswe.

Umubano hagati ya Cuba na Amerika umaze imyaka myinshi urimo amakimbirane, cyane cyane kuva 1962 Amerika yashyira igitutu kuri Cuba. Icyakora, kuva mu ntangiriro za 2026, umwuka hagati y’impande zombi warushijeho kuzamba.

Amerika yashyizeho ibihano byinshi ku bayobozi n’ibigo bya Cuba, inashinjwa gukaza igitutu kigamije guhungabanya ubukungu bw'iki gihugu giherereye muri kilometero 150 uvuye mu ntara ya Florida.

Perezida Donald Trump, na we wakunze kunenga ubuyobozi bwayo, yavuze ko icyo gihugu gikomeje kuba ikibazo ku mutekano wa Amerika. Yashimangira ko ashaka kubona icyo gihugu kiyobowe neza kandi gishoboye gutunga abaturage bacyo, kuko urwego rw’ubukerarugendo rwayo ruteye imbere ndetse ikaba ikize ku mutungo kamere.

Yanavuze ko nyuma yo kurangiza ibindi bibazo mpuzamahanga biri ku murongo wa mbere, harimo n’ibijyanye na Iran, Amerika izongera kwita cyane kuri Cuba.

Ibi bihano bishya byitezweho kongera igitutu ku bukungu bwa Cuba busanzwe buri mu bihe bikomeye, mu gihe ubutegetsi bwo bukomeje kuvuga ko ari intwaro ya politiki igamije guhirika ubuyobozi bwa Cuba.

kwamamaza