Amerika-Iran: Perezida Trump yahishuye ko agahenge kari mu kaga

Amerika-Iran: Perezida Trump yahishuye ko agahenge kari mu kaga

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agahenge hagati ya Amerika na Iran kari mu bihe bikomeye cyane, mu gihe Tehran na yo yagaragaje ko yiteguye gusubiza inyuma igitero icyo ari cyo cyose cyayigabwaho. Ni mugihe Amerika yatangaje ko miliyari ziri hagati ya 25 na 27 z’amadolari arizo zaba zaragiye mu ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare (02) ndetse n'ibiganiro byo guhagarika burundu intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati bikomeje kudindira.

kwamamaza

 

Ku wa 11 Gicurasi (05), Perezida Trump yavuze ko agahenge kari hagati y’impande zombi “kari ku mashini zifasha umuntu guhumeka”, anavuga ko Amerika ishobora kongera ibikorwa byo kurinda amato anyura mu nyanja ya Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cya peteroli yoherezwa ku Isi.

Aya magambo yasubijwe na Mohammad Bagher Ghalibaf, umwe mu bayobozi bakomeye muri Iran, wavuze ko igihugu cye cyiteguye “gutanga isomo” mu gihe yagabwaho igitero.

Ni mu gihe kandi Pentagon yatangaje ko amafaranga Amerika imaze gukoresha muri iyi ntambara ageze hafi kuri miliyari 29 z’amadolari, avuye kuri miliyari 25 zari zatangajwe mu byumweru bibiri bishize.

Mu rwego rwo gukaza imyiteguro ya gisirikare, abasirikare ba Iran (Islamic Revolutionary Guard Corps) bakoze imyitozo ya gisirikare i Tehran mu murwa mukuru, bavuga ko yateguwe mu rwego rwo guhangana n’umwanzi wabo,  abanyamerika n’Abaziyoniste.

Hagati aho, ambasaderi wa Amerika muri Israel, Mike Huckabee, yavuze ko Israel yoherereje Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu uburyo bwa “Iron Dome” bwo kwirinda ibitero byo mu kirere, mu rwego rwo gukomeza ubufatanye bw’umutekano hagati y’ibihugu byombi.

@RFI

 

kwamamaza

Amerika-Iran: Perezida Trump yahishuye ko agahenge kari mu kaga

Amerika-Iran: Perezida Trump yahishuye ko agahenge kari mu kaga

 May 12, 2026 - 18:36

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agahenge hagati ya Amerika na Iran kari mu bihe bikomeye cyane, mu gihe Tehran na yo yagaragaje ko yiteguye gusubiza inyuma igitero icyo ari cyo cyose cyayigabwaho. Ni mugihe Amerika yatangaje ko miliyari ziri hagati ya 25 na 27 z’amadolari arizo zaba zaragiye mu ntambara yatangiye ku wa 28 Gashyantare (02) ndetse n'ibiganiro byo guhagarika burundu intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati bikomeje kudindira.

kwamamaza

Ku wa 11 Gicurasi (05), Perezida Trump yavuze ko agahenge kari hagati y’impande zombi “kari ku mashini zifasha umuntu guhumeka”, anavuga ko Amerika ishobora kongera ibikorwa byo kurinda amato anyura mu nyanja ya Hormuz, inzira inyuramo igice kinini cya peteroli yoherezwa ku Isi.

Aya magambo yasubijwe na Mohammad Bagher Ghalibaf, umwe mu bayobozi bakomeye muri Iran, wavuze ko igihugu cye cyiteguye “gutanga isomo” mu gihe yagabwaho igitero.

Ni mu gihe kandi Pentagon yatangaje ko amafaranga Amerika imaze gukoresha muri iyi ntambara ageze hafi kuri miliyari 29 z’amadolari, avuye kuri miliyari 25 zari zatangajwe mu byumweru bibiri bishize.

Mu rwego rwo gukaza imyiteguro ya gisirikare, abasirikare ba Iran (Islamic Revolutionary Guard Corps) bakoze imyitozo ya gisirikare i Tehran mu murwa mukuru, bavuga ko yateguwe mu rwego rwo guhangana n’umwanzi wabo,  abanyamerika n’Abaziyoniste.

Hagati aho, ambasaderi wa Amerika muri Israel, Mike Huckabee, yavuze ko Israel yoherereje Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu uburyo bwa “Iron Dome” bwo kwirinda ibitero byo mu kirere, mu rwego rwo gukomeza ubufatanye bw’umutekano hagati y’ibihugu byombi.

@RFI

kwamamaza