OMS yasabye Uganda gufungura umupaka wa RDC yari yarafunze kubera Ebola ikihagaragara

OMS yasabye Uganda gufungura umupaka wa RDC yari yarafunze kubera Ebola ikihagaragara

Umuyobozi mukuru w’Ishami ry'umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasabye Uganda kongera gufungura umupaka uyihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kuwufunga mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola cyugarije ibice byo mu burasirazuba bwa RDC. Yavuze ko igenzura rikomeye ry’ubuzima ku mipaka kuko byatanga umusaruro uruta gufunga imbibi kandi bigakumira ihungabana ry’ubukungu.

kwamamaza

 

Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yashimye uburyo Uganda yitwaye mu guhangana n’icyorezo cya Ebola cyaturutse muri RDC, ariko ayisaba gusubiramo icyemezo cyo gufunga umupaka uyihuza n’icyo gihugu.

Yabitangaje ku wa Mbere i Kampala, aho yavuze ko nubwo abantu benshi banduye Ebola muri Uganda baturutse muri RDC, gufunga imbibi muri rusange atari bwo buryo burambye bwo guhangana n’iki cyorezo.

OMS igaragaza ko muri Uganda hamaze kubarurwa abantu 19 banduye Ebola ndetse babiri bakaba barapfuye, 14 muri bo bakaba baravuye muri RDC. Ni mu gihe muri RDC hamaze kwemezwa abarenga 500 bayanduye.

Nk’uko OMS ibivuga, intsinzi ya Uganda mu guhangana n'iki cyorezo yagaragaje ko yaturutse ku ngamba yafashe hakiri kare zirimo gukaza igenzura ry’abakekwaho ubwandu ndetse no guhagarika ibirori by’Umunsi w’Abahowe Imana byari biteganyijwe ku wa 3 Kamena (06), bikunze kwitabirwa n’ibihumbi n’ibihumbi by’abasura baturuka hirya no hino mu karere byo mu karere.

Dr. Tedros yavuze ko iyo ibyo birori biza kuba, umubare w’abanduye muri Uganda uba ushobora kuba wararenze cyane uwo igihugu gifite ubu.

Yanashimye uburyo abarwayi bitabwaho muri Uganda, avuga ko ubunararibonye igihugu gifite mu kurwanya ibyorezo bya Ebola bwafashije kugabanya umubare w’abapfa ku kigero kiri munsi ya 1%.

Nubwo abantu 14 muri 19 banduye muri Uganda baturutse muri RDC, OMS ivuga ko gufunga umupaka bigira ingaruka zikomeye ku bukungu n’imibereho y’abaturage bo ku mpande zombi, bityo ko hakwiye kwibandwa ku buryo bwo gusuzuma abinjira n’abasohoka, gukurikirana abanduye no gukaza ingamba z’ubuzima ku mipaka.

Nubwo bimeze bityo ariko, impungenge ku ikwirakwira rya Ebola ziracyahari no hanze y’aka karere. OMS yatangaje ko umwe mu barwayi bari muri Uganda yari umwenegihugu wa RDC wanyuze muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mbere yo kugera muri Uganda.

Nyuma y’iyo nkuru, Abu Dhabi yafashe icyemezo cyo kubuza abagenzi baturuka muri Uganda, RDC na Sudani y'Epfo kwinjira ku butaka bwayo mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyakwirakwira.

Ibi byiyongeraho kuba umukino ya gishuti ikipe y'igihugu cya Uganda yagombaga gukina n'iya Tanzania mu rwego rwo rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y'imikino ya nyuma mu gikombe cya Africa yarasubitswe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola, nk'uko uruhande rwa Tanzania rwabitangaje.

 

kwamamaza

OMS yasabye Uganda gufungura umupaka wa RDC yari yarafunze kubera Ebola ikihagaragara

OMS yasabye Uganda gufungura umupaka wa RDC yari yarafunze kubera Ebola ikihagaragara

 Jun 9, 2026 - 07:37

Umuyobozi mukuru w’Ishami ry'umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasabye Uganda kongera gufungura umupaka uyihuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kuwufunga mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola cyugarije ibice byo mu burasirazuba bwa RDC. Yavuze ko igenzura rikomeye ry’ubuzima ku mipaka kuko byatanga umusaruro uruta gufunga imbibi kandi bigakumira ihungabana ry’ubukungu.

kwamamaza

Umuyobozi Mukuru wa OMS, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yashimye uburyo Uganda yitwaye mu guhangana n’icyorezo cya Ebola cyaturutse muri RDC, ariko ayisaba gusubiramo icyemezo cyo gufunga umupaka uyihuza n’icyo gihugu.

Yabitangaje ku wa Mbere i Kampala, aho yavuze ko nubwo abantu benshi banduye Ebola muri Uganda baturutse muri RDC, gufunga imbibi muri rusange atari bwo buryo burambye bwo guhangana n’iki cyorezo.

OMS igaragaza ko muri Uganda hamaze kubarurwa abantu 19 banduye Ebola ndetse babiri bakaba barapfuye, 14 muri bo bakaba baravuye muri RDC. Ni mu gihe muri RDC hamaze kwemezwa abarenga 500 bayanduye.

Nk’uko OMS ibivuga, intsinzi ya Uganda mu guhangana n'iki cyorezo yagaragaje ko yaturutse ku ngamba yafashe hakiri kare zirimo gukaza igenzura ry’abakekwaho ubwandu ndetse no guhagarika ibirori by’Umunsi w’Abahowe Imana byari biteganyijwe ku wa 3 Kamena (06), bikunze kwitabirwa n’ibihumbi n’ibihumbi by’abasura baturuka hirya no hino mu karere byo mu karere.

Dr. Tedros yavuze ko iyo ibyo birori biza kuba, umubare w’abanduye muri Uganda uba ushobora kuba wararenze cyane uwo igihugu gifite ubu.

Yanashimye uburyo abarwayi bitabwaho muri Uganda, avuga ko ubunararibonye igihugu gifite mu kurwanya ibyorezo bya Ebola bwafashije kugabanya umubare w’abapfa ku kigero kiri munsi ya 1%.

Nubwo abantu 14 muri 19 banduye muri Uganda baturutse muri RDC, OMS ivuga ko gufunga umupaka bigira ingaruka zikomeye ku bukungu n’imibereho y’abaturage bo ku mpande zombi, bityo ko hakwiye kwibandwa ku buryo bwo gusuzuma abinjira n’abasohoka, gukurikirana abanduye no gukaza ingamba z’ubuzima ku mipaka.

Nubwo bimeze bityo ariko, impungenge ku ikwirakwira rya Ebola ziracyahari no hanze y’aka karere. OMS yatangaje ko umwe mu barwayi bari muri Uganda yari umwenegihugu wa RDC wanyuze muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mbere yo kugera muri Uganda.

Nyuma y’iyo nkuru, Abu Dhabi yafashe icyemezo cyo kubuza abagenzi baturuka muri Uganda, RDC na Sudani y'Epfo kwinjira ku butaka bwayo mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyakwirakwira.

Ibi byiyongeraho kuba umukino ya gishuti ikipe y'igihugu cya Uganda yagombaga gukina n'iya Tanzania mu rwego rwo rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y'imikino ya nyuma mu gikombe cya Africa yarasubitswe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola, nk'uko uruhande rwa Tanzania rwabitangaje.

kwamamaza