
Jurgen Zomermaand yegukanye agace ka Gatatu Huye-Rusizi afata umwambaro w’umuhondo muri Tour du Rwanda 2026
Feb 24, 2026 - 22:43
Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira Dévelopment Picnic PostNL yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 ka Huye- Rusizi akoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53.
kwamamaza
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe ako gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2026, abakinnyi bahagurukiye i Huye basoreza i Rusizi, kuri aka gace katangiwe n'Abakinnyi 84 muri 79 bari batangiye ubwo isiganwa ryatangiraga ku gace ka mbere.
Aga gace kari gatandukanye n'utundi duce twari tumaze iminsi tukinwa twari twiganjemo ibice by'imirambi cyane cyane aho bagiye banyura uyu munsi babanje gusiganwamo Ni agace kari kagizweho n'imisozi yatangaga amanota yo kuzamuka harimo umusozi wa Nyamagabe ku kilometero cya 25 na ho aya kabiri atangirwe i Kigeme ku kilometero cya 39,3.

Ubwo abanyoga bageraga ku misozi itanga aya manota basizwe n'Umunya-Eritrea Mewael Girmay w’Ikipe ya Istanbul Team wegukanye amanota y’umusozi wa mbere, Miguel Heidmann yegukanye amanota y’umusozi wa Kabiri n’uwa gatatu, Reuben Thompson wa Lotto-Groupe Wanty yegukana ay’umusozi wa Kane n’uwa gatanu mu gihe Zomermand yegukanye amanota ya nyuma yo kuzamuka kurusha abandi yongeye gucomoka mu gikundi maze Zomermaand wa Picnic Team yafashe icyemezo asiga bagenzi be bari kumwe mu gikundi, byarangiye ageze ku murongo usorezwaho ayoboye abandi.

Uyu Muholandi ni we wahise ahabwa umwambaro w’umuhondo nyuma yo kuyobora urutonde rusange nyuma y’uduce dutatu aho amaze gukoresha amasaha 10, iminota 55 n’amasegonda atandatu 6, mu gace ka kane tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Gatatu, aho biteganyijwe ko abakinnyi bazahagurukira i Karongi berekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 127.

kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


