
Israëli yateye intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho itegeko rishyiraho igihano cy'urupfu ku bikorwa by’iterabwoba
Nov 11, 2025 - 10:23
Inteko Ishinga Amategeko ya Israëli yaraye itoye umushinga w’itegeko nk'intambwe ya mbere igamije gushyiraho igihano cy’urupfu ku bakora ibikorwa by'iterabwoba. Abadepite bemeje uwo mushinga n’amajwi 39 kuri 16; usigaje kwemezwa inshuro ebyiri ukaba itegeko.
kwamamaza
Ubusanzwe uwo mushinga watanzwe n’umudepite wo mu ishyaka rya Itamar Ben-Gvir, Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, akaba ari we wavuze ko azahagarika ubufatanye n’abashyigikiye Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu igihe uwo mushinga utashyigikirwa mu nteko.
Iri tegeko ryagaragajwe nk'irireba cyane cyane abanyapalestine bashinjwa kwica cyangwa gutegura ibitero byahitanye Abanya-Israëli.
Ingingo nyamukuru y'uwo mushinga ivuga ko “uwateje urupfu ku bushake cyangwa kubera kwirengagiza, ku mpamvu z’urwango cyangwa ivangura ry’amoko ku itsinda runaka, kandi agamije guhungabanya Leta ya Israëli no kubangamira kubaho kw’Abayuda mu gihugu cyabo, azahanishwa igihano cy’urupfu.”
Ku rundi ruhande, iki gihano kizajya gihabwa umunya-palestine wishe umunya- Israëli ariko ntaho umushinga w'itegeko ugaragaza ko kizashyirwa mu bikorwa mu gihe umunya-Israeli yakwica umunya-Palestine.
Komisiyo y’Umutekano wa Knesset yatangaje ko ikigamijwe ari ukurandura imizi y’iterabwoba no gushyiraho igihano gikomeye ku bashaka gukora iki cyaha.
Ku ruhande rwa Palestine, Hamas n'ubutegetsi bwa Palestine byamaganye uwo mushinga, babyita kubangamira amategeko mpuzamahanga ndetse bavuga ko ko ugamije gukomeza icyo bise jenoside no kugambirira gutsemba ubwoko byihshe inyuma y'amategeko. Basabye umuryango w’Abibumbye n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu gukurikirana iki cyemezo cya Israëli.
Ubu, igihano cy’urupfu muri Israël gishobora guhabwa umuntu wahamwe n'ibyaha bya jenoside cyangwa kugambanira igihugu. Ariko kuva igihugu cya Israëli cyabaho cyashyizwe mu bikorwa inshuro imwe gusa muri 1962, igihe Adolf Eichmann yahanwaga ku bw’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abayahudi.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


