" Ibyo si byo Papa, Mama!": Abato barasabwa kurwanya ingengabitekerezo

" Ibyo si byo Papa, Mama!": Abato barasabwa kurwanya ingengabitekerezo

Abarwanye urugamba rwo kubohora igihugu barasaba abakiri bato kwigira ku muhate w'abababanjirije bakarushaho kugira uruhare mu bikorwa by'iterambere kandi byubaka igihugu, aho kubiharira inzego z'ubuyobozi.

kwamamaza

 

Ibi babigarutseho mu gihe abanyarwanda bizihiza imyaka 31 u Rwanda rumaze rwibohoye, aho abarwanye urugamba rwo kubohora igihugu basaba abakiri bato kurushaho kubungabunga ibyagezweho, birinda cyane cyane ibyatumye habaho akaga nk'ako u Rwanda rwanyuzemo mbere yuko rubohorwa.

Afande Rtd Ruhetamacumu Eugene;  umwe mu barwanye urugamba rwo kwibohora, yabwiye Isango Star  ko" Twebwe ababikoze tuba tunezerewe, ariko abana bato nibo twibandaho kugira ngo tubigishe kandi abana bari mobilise rwose, nta kibazo bafite. Urebye ababyeyi bamwe bagifite ingengabitekerezo babigishiriza ku ishyiga ariko abana batangiye ...bazajya babarwanya, bababwire ngo "Ibyo sibyo Papa, cyangwa Mama." Barabibabwira rwose."

Yongeraho ko "Abana bato bafite inshingano myinshi cyane. Ni ukubungabunga ubumwe bw'abanyarwanda kuko nibwo bwatumye iki gihugu kimera mabi, abantu bagatandukana. Abana ni ukurwanya amacakubiri mu gihugu, ibintu by'amoko bakabireka kuko ababyeyi baabo hari abagifite ingengabitekerezo, bakajya barwana nabo bakababuza, bati 'Papa ibyo bintu si byiza kuko nibwo byatuzaniye ingaruka nyinshi.' Ingaruka zo guhunga, iza jenoside...byinshi cyane byatumye iki gihugu kimera nabi."

Bamwe mu bakora ibikorwa bitandukanye by'iterambere, biganjemo urubyiruko, bavuga ko kugeza uyu munsi abenshi bamaze gusobanukirwa neza ko ibikorwa by'iterambere mu kubaka igihugu ntawe bitareba, bityo ko ntawe ukwiye kwigira ntibindeba.

Banavuga ko atari ibyo guharira inzego z'ubuyobozi.

Umwe ati:" Kubaka iterambere ni uruhare rwa buri wese mu bushobozi bwe. Ubushobozi bwose umuntu yaba afite ashobora kugira uruhare mu kwibohora ndetse no gukomeza guharanira iterambere ry'igihugu kuko abayobozi bakuru bajya bavuga ko kwibohora bitarangiye ahubwo bigikomeje, harimo no kuba abantu bakwibohora ubukene, imibereho mibi ndetse bafatanyije."

Undi ati:" Umuturage agomba kugira uduhare mu ntambwe, mu ntego kubera ko kenshi wajyaga usanga guverinoma ari yo ishyiraho ibikenewe gukorwa, amabwiriza yose muri rusange, ariko ubu umuturage agomba kumva ko ubwe igihugu ari icye. Akumva ko aho atuye ari ahe, akagira ubwisanzure ndetse n'uruhare mu gutanga ibitekerezo bwo kugira ngo igihugu cyiyubake. Ibitekerezo byo kugira ngo iterambere, umutekano n'ubuzima muri rusange burusheho kugenda neza. Umuturage namara kumva ko ari ibye, azagira n'uruhare kugira ngo ya ntego tubashe kuyihagarara mo."

Ibi kandi binashimangirwa n' inzego z'ubuyobozi, aho zivuga ko nta terambere ryabaho hatabayeho ubufatanye mu rugamba rw'iterambere kuko urwo kubohora igihugu rwabaye rukarangira.

Niyibizi Diogène; Vice perezida w'inama njyanama y'Umurenge wa Gikondo wo mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yagize ati:" Urugamba rwo kubohora igihugu rwarabaye, rwararangiye. Ariko haracyari urugamba rw'iterambere. Urugamba rw'iterambere ntabwo twarushobora hatabayeho ubufatanye bw'abaturage n'ubuyobozi, kandi twamaze kubona ko iyo umuturage yifatanyije n'ubuyobozi iterambere ryihuta rikagera kure cyane."

"Kandi ibyo turabyizeye kuko uwo murunga w'ubufatanye urahari."

U Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora ku itariki ya 4 Nyakanga (07) buri mwaka, aho kuri iyi nshuro ya 31 wizihijwe mu nsanganyamatsiko igira iti "Kwibohora ku nshuro ya 31, Intambwe mu ntego."

@BERWA GAKUBA Prudence/ Isango Star-Kigali.

 

kwamamaza

" Ibyo si byo Papa, Mama!": Abato barasabwa kurwanya ingengabitekerezo

" Ibyo si byo Papa, Mama!": Abato barasabwa kurwanya ingengabitekerezo

 Jul 7, 2025 - 14:41

Abarwanye urugamba rwo kubohora igihugu barasaba abakiri bato kwigira ku muhate w'abababanjirije bakarushaho kugira uruhare mu bikorwa by'iterambere kandi byubaka igihugu, aho kubiharira inzego z'ubuyobozi.

kwamamaza

Ibi babigarutseho mu gihe abanyarwanda bizihiza imyaka 31 u Rwanda rumaze rwibohoye, aho abarwanye urugamba rwo kubohora igihugu basaba abakiri bato kurushaho kubungabunga ibyagezweho, birinda cyane cyane ibyatumye habaho akaga nk'ako u Rwanda rwanyuzemo mbere yuko rubohorwa.

Afande Rtd Ruhetamacumu Eugene;  umwe mu barwanye urugamba rwo kwibohora, yabwiye Isango Star  ko" Twebwe ababikoze tuba tunezerewe, ariko abana bato nibo twibandaho kugira ngo tubigishe kandi abana bari mobilise rwose, nta kibazo bafite. Urebye ababyeyi bamwe bagifite ingengabitekerezo babigishiriza ku ishyiga ariko abana batangiye ...bazajya babarwanya, bababwire ngo "Ibyo sibyo Papa, cyangwa Mama." Barabibabwira rwose."

Yongeraho ko "Abana bato bafite inshingano myinshi cyane. Ni ukubungabunga ubumwe bw'abanyarwanda kuko nibwo bwatumye iki gihugu kimera mabi, abantu bagatandukana. Abana ni ukurwanya amacakubiri mu gihugu, ibintu by'amoko bakabireka kuko ababyeyi baabo hari abagifite ingengabitekerezo, bakajya barwana nabo bakababuza, bati 'Papa ibyo bintu si byiza kuko nibwo byatuzaniye ingaruka nyinshi.' Ingaruka zo guhunga, iza jenoside...byinshi cyane byatumye iki gihugu kimera nabi."

Bamwe mu bakora ibikorwa bitandukanye by'iterambere, biganjemo urubyiruko, bavuga ko kugeza uyu munsi abenshi bamaze gusobanukirwa neza ko ibikorwa by'iterambere mu kubaka igihugu ntawe bitareba, bityo ko ntawe ukwiye kwigira ntibindeba.

Banavuga ko atari ibyo guharira inzego z'ubuyobozi.

Umwe ati:" Kubaka iterambere ni uruhare rwa buri wese mu bushobozi bwe. Ubushobozi bwose umuntu yaba afite ashobora kugira uruhare mu kwibohora ndetse no gukomeza guharanira iterambere ry'igihugu kuko abayobozi bakuru bajya bavuga ko kwibohora bitarangiye ahubwo bigikomeje, harimo no kuba abantu bakwibohora ubukene, imibereho mibi ndetse bafatanyije."

Undi ati:" Umuturage agomba kugira uduhare mu ntambwe, mu ntego kubera ko kenshi wajyaga usanga guverinoma ari yo ishyiraho ibikenewe gukorwa, amabwiriza yose muri rusange, ariko ubu umuturage agomba kumva ko ubwe igihugu ari icye. Akumva ko aho atuye ari ahe, akagira ubwisanzure ndetse n'uruhare mu gutanga ibitekerezo bwo kugira ngo igihugu cyiyubake. Ibitekerezo byo kugira ngo iterambere, umutekano n'ubuzima muri rusange burusheho kugenda neza. Umuturage namara kumva ko ari ibye, azagira n'uruhare kugira ngo ya ntego tubashe kuyihagarara mo."

Ibi kandi binashimangirwa n' inzego z'ubuyobozi, aho zivuga ko nta terambere ryabaho hatabayeho ubufatanye mu rugamba rw'iterambere kuko urwo kubohora igihugu rwabaye rukarangira.

Niyibizi Diogène; Vice perezida w'inama njyanama y'Umurenge wa Gikondo wo mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yagize ati:" Urugamba rwo kubohora igihugu rwarabaye, rwararangiye. Ariko haracyari urugamba rw'iterambere. Urugamba rw'iterambere ntabwo twarushobora hatabayeho ubufatanye bw'abaturage n'ubuyobozi, kandi twamaze kubona ko iyo umuturage yifatanyije n'ubuyobozi iterambere ryihuta rikagera kure cyane."

"Kandi ibyo turabyizeye kuko uwo murunga w'ubufatanye urahari."

U Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora ku itariki ya 4 Nyakanga (07) buri mwaka, aho kuri iyi nshuro ya 31 wizihijwe mu nsanganyamatsiko igira iti "Kwibohora ku nshuro ya 31, Intambwe mu ntego."

@BERWA GAKUBA Prudence/ Isango Star-Kigali.

kwamamaza