
Huye:Abiga mu mashuri makuru na za Kaminuza bagorwa no kubona aho bimenyereza umwuga
May 23, 2025 - 16:20
Abiga mu mashuri makuru na za Kaminuza baravuga ko bagorwa no kubona aho bakorera iminyerezamwuga. Basaba ibigo bya Leta n'iby'abikorera kuborohereza kandi bikabagirira ikizere.
kwamamaza
Umujyi wa Huye nk'umwe mu mijyi yunganira Kigali, usibye kuba abawutuye benshi, kugeza ubu urimo kaminuza 4, ndetse buri mwaka zishyira ku isoko ry'umurimo abanyeshuri basoze amasom yabo. Usanga nabo ubwabo baba bafite n'intego zitandukanye z'uko bazitwara nyuma yo gusoza amasomo yabo, cyane ko abari n'umunsi w'ibyishimo.
Umwe mu banyeshuri basoje amasomo yabo yabwiye Isango Star ko "Turishimye kuko tubonye ibyo twakoreye, muri make imitima yacu irakeye."
Mu byifuzo byabo, bijyanye n'ibyo banyuzemo bakiri ku ntebe y'ishuri, cyane cyane mu kubona aho bakorera imenyerezamwuga, abaganiriye n'Isango Star bagaragaje ko bifuza ko hari ibyanozwa hagati y'ubuyobozi bwa za kaminuza n'ubwaho bakorera imenyererezamwuga.
Umwe muri bo yagize ati:" Imbogamizi ntabwo zabura kuko mu byukuri hari igihe ujya gusaba stage ntibayiguhe, wajya ahandi ntibayiguhe, iyo mbogamizi yo duhura nayo cyane. Nk'abantu baba bakorera mu ma organization, hari igihe usanga buri wese afite ibyo akora, kugira ngo uzabonemo stage ntibyoroshye."
Undi nawe ati:" Kubona stage ni ikintu kigoye cyane, akenshi amakaminuza menshi arekurira abanyeshuri icyarimwe kujya gukora stage. Ugasanga hari ikigo cyakira babiri batarengaho."
"Ikintu cya mbere kibanza kugirana ni ubushobozi bw'umunyeshuri kuko usanga nta mafaranga bafite kandi aho bagiye gukorera stage ari kure yaho batuye. Ikindi ni uko aho baba bagiye gukorera usanga bafite ikibazo cy'amikoro: nk' ibikoresho, isomero usanga nta bitabo birimo."
Ikindi bavuga ko hari ubwo bajya gukora stage mu bigo bagahabwa ibyo gusohora impapuro gusa kandi nabo baahoboye ibirenze ibyo.
Basaba ko ibigo byakorana n'abandi bayobozi nka organizations kugira ngo hashyirweho uburyo bajya baha abanyeshuri stage.
Mu gukemura iki kibazo, ubuyobozi bw'izi Kaminuza buvuga ko hari ibyo bwatangiye gukora kandi bitanga umusaruro, nk'uko bivugwa na Rev Dr. HABARUREMA Viateur, umuyobozi mukuru ushinzwe amasomo n'ubushakashatsi muri Kaminuza y'abaporotesitanti mu Rwanda.
Yagize ati:"Izo mbogamizi zivaho. Mu mashuri ya Kaminuza tugomba kugirana imikoranire ya bugufi n'abafatanyabikorwa aho bakorera kugira ngo tujye twohereza abanyeshuri. Ubumenyi bakura mu bitabo bajye kubushyira mu bikorwa. Nta handi rero byaturuka usibye ugirana nabo inama mu bihe bitanzukanye, tukanasinyana amasezerano."
N'ubwo aba banyeshuri barangiza amasomo muri za Kaminuza buri mwaka baba bafite ibyishimo, bavuga ko mu gihe ibigo bya Leta n'iby'abikorera byaba bibizeye, nabo barushaho kugaragaza ubumenyi baba bafite, bikanateza imbere igihugu.
@RUKUNDO Emmanuel/ Isango Star-Huye.
kwamamaza
Kiny
Eng
Fr


